skol

Darko Nović yagizwe umutoza wa Al Merrikh SC iri mu mwiherero mu Rwanda

Yanditswe: Saturday 30, Aug 2025

featured-image

Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’Umutoza Mushya wa Al Merrikh SC yo muri Sudani iri mu mwiherero mu Rwanda, mu gihe iri gutegura umwaka utaha w’imikino.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama 2025, ni bwo iyi kipe yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo itangaza ko yahaye akazi umutoza mushya.

Ni itangazo rigira riti “Umunya-Serbian Darko Nović ni we mutoza akanaba umuyobozi wa tekinike mu ikipe. Arikumwe n’abazamuwungiriza bazagera mu ikipe mu cyumweru gitaha, aho bazahita banashyira umukono ku masezerano.”

Uyu mutoza azsanzwe akorana n’abungiriza be ari bo Dragan Sarac nk’umutoza wungirije, Marmouche Mehdi ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi na Dragan Culum uba ushinzwe gusesengura amashusho.

Darko w’imyaka 53 uzayobora Al Merrikh SC muri CAF Champions Lague, yaherukaga gutoza APR FC. Yatandukanye na yo nyuma y’umwaka umwe w’imikino nubwo yari yarasinye ibiri yashoboraga kongerwa.

Ari kumwe na APR FC, yagiye mbere y’uko Shampiyona y’u Rwanda irangira, gusa asiga atwaranye na yo Igikombe cy’Intwari 2025, Igikombe cy’Amahoro cya 2025, anatsindirwa ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024.

Mu yandi makipe yatije harimo na US Monastir yo muri Tunisia.

Darko Nović yagizwe umutoza wa Al Merrikh SC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa