Eden Hazard yanenze Ubudage bwavugiye abatinganyi bugatsindwa
Yanditswe: Thursday 24, Nov 2022

Rutahiamu Eden Hazard yumvikanye asa nk’unenga imyigaragambyo y’Ubudage mbere y’umukino wabo n’Ubuyapani, ahoabakinnyi babwo bitwikiriye umunwa nyuma yo kubuzwa kwambara igitambaro cya "One love" mu rwego rwo gushyigikira batinganyi.
Nk’uko ikinyamakuru RMC Sport kibitangaza,uyu mukinnyi wa Real Madrid yavuze ko iyi kipe yataye igikombe cy’isi inshuro enye yakabaye yaribanze ku kuntu yatsinda umukino aho gutanga ubutumwa bwa politiki atari inshingano zayo,bikayiviramo gutsindwa.
Abakinnyi bose (...)
Rutahiamu Eden Hazard yumvikanye asa nk’unenga imyigaragambyo y’Ubudage mbere y’umukino wabo n’Ubuyapani, ahoabakinnyi babwo bitwikiriye umunwa nyuma yo kubuzwa kwambara igitambaro cya "One love" mu rwego rwo gushyigikira batinganyi.
Nk’uko ikinyamakuru RMC Sport kibitangaza,uyu mukinnyi wa Real Madrid yavuze ko iyi kipe yataye igikombe cy’isi inshuro enye yakabaye yaribanze ku kuntu yatsinda umukino aho gutanga ubutumwa bwa politiki atari inshingano zayo,bikayiviramo gutsindwa.
Abakinnyi bose baraburiwe kwirinda kwambara igitambaro cya OneLove mu rwego rwo kwamagana igihugu cya Qatar gikemangwa mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu, by’umwihariko abaryamana bahuje ibitsinda.
Eden Hazard avuga kuri iyi myigaragambyo y’Ubudage yo kwipfuka umunwa mbere y’umukino,yagize ati"Yego, ariko baratsinzwe. Byari kuba byiza iyo batabikora bagatsinda.
Turi hano gukina umupira, ntabwo ndi hano gutanga ubutumwa bwa politiki, hariho abantu bashyizwe kubikora. Turashaka kwibanda ku mupira w’amaguru. "
Ibihugu byinshi by’Uburayi, harimo Ubwongereza na Wales, byari byiteguye kwambara ku kuboko igitambaro cya OneLove muri iri rushanwa, kugira ngo biteze imbere umuco wo kwisanga mu mupira w’amaguru kuri buri wese.
FIFA yahise imenyesha amakipe ko abazabikora bazafatirwa ibihano buri gihugu cyiyemeza kubireka
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *