El Clasico: Amagambo ya Marcelo yatunguye abafana ba Real Madrid
Yanditswe: Sunday 24, Dec 2017
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 23 Ukuboza 2017 nibwo ikipe ya FC Barcelona yanyagiraga ikipe ya Real Madrid ibitego 3-0 iyisanze ku kibuga cyayo aho Marcelo yabwiye abanyamakuru ko Real Madrid nayo ari ikipe isanzwe itatsinda imikino yose.
Uyu munya Brazil ukina inyuma ku ruhande rw’ibimoso,yabwiye abanyamakuru ko ikipe ya Real Madrid yishe abantu mu mutwe ku buryo bageze ku rwego rwo kumva ko nta kipe ishobora kuyitsinda gusa avuga ko batatsinda buri mukino.
Yagize ati “Twabangije mu (…)
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 23 Ukuboza 2017 nibwo ikipe ya FC Barcelona yanyagiraga ikipe ya Real Madrid ibitego 3-0 iyisanze ku kibuga cyayo aho Marcelo yabwiye abanyamakuru ko Real Madrid nayo ari ikipe isanzwe itatsinda imikino yose.
Uyu munya Brazil ukina inyuma ku ruhande rw’ibimoso,yabwiye abanyamakuru ko ikipe ya Real Madrid yishe abantu mu mutwe ku buryo bageze ku rwego rwo kumva ko nta kipe ishobora kuyitsinda gusa avuga ko batatsinda buri mukino.
Yagize ati “Twabangije mu mutwe none musigaye mutekereza ko tugomba gutsinda buri gihe.La Liga ni shampiyona nziza ku isi kandi biragora kuyitwara.Uyu ni umupira w’amaguru kandi Real madrid n’ikipe nk’izinda nayo ishobora gutsinda cyangwa igatsindwa.”
Ibyo uyu mukinnyi yatangaje bishobora kumukururira kwangwa n’abafana ba Real Madrid bo muri Espagne kuko bashengurwa umutima no gutsindwa na FC Barcelona ndetse buri gihe baba biteze byinshi ku bakinnyi babo akaba ariyo mpamvu bibasira buri mukinnyi iyo atitwaye neza kabone nubwo yaba ari kizigenza.
Dusingizimana Remy
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *