skol

ES Setif yo muri Algeria yatangaje Biramahire Abeddy nk’umukinnyi wayo mushya

Yanditswe: Friday 01, Aug 2025

featured-image

Ikipe ya Entente Sportive Setifienne ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Algeria yatangaje rutahizamu w’Umunyarwanda, Biramahire Abeddy, nk’umukinnyi wayo mushya.

Nyuma y’uko uyu mukinnyi yumvikanye n’iyi kipe kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri ku bihumbi 50 by’Amadorali, yerekeje muri Algeria mu mpera z’icyumweru gishize akorerwa isuzumwa ry’ubuzima. Ejo ni bwo ES Setif yatangaje Biramahire Abeddy binyuze ku mbuga nkoranyambaga imuha ikaze.

Iyi kipe itozwa na Antoine Hey watoje Amavubi, yashinzwe mu 1958 ikaba yakirira imikino kuri Stade yitwa 8 May 1945 Stadium ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 25.

Ifite ibikombe bitandukanye birimo 8 bya shampiyona, 8 by’igikombe cy’igihugu na bibiri bya CAF Champions League. Mu mwaka ushize w’imikino yari yabaye iya 6 muri shampiyona.

Biramahire Abeddy yerekeje muri ES Setif nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yari yarongereyemo amasezerano y’imyaka ibiri.

ES Setif yo muri Algeria yatangaje Biramahire Abeddy nk’umukinnyi wayo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa