skol

Esperance Football Tournament: Ikipe y’abakinnyi bakomoka i Rubavu yageze muri ½

Yanditswe: Thursday 03, Jul 2025

featured-image

Ikipe y’abakomoka i Rubavu (Brésil) yatsinze Spark Victory ibitego 2-1, igera muri 1/2 cy’irushanwa ‘Esperance Football Tournament’ riri kubera kuri Tapis Rouge i Nyamirambo.

Iri rushanwa rigamije gukomeza gufasha abakinnyi kumera neza mu gihe hatari imikino, ryateguwe na Ishimwe Claude ‘Cucuri’ usanzwe ari umusifuzi ukomeye mu Rwanda.

Uyu mukino wari utegerejwe na benshi, watangiye ushyushye amakipe yombi asatirana bikomeye.

Ku munota wa 12, Niyonkuru Sadjat yacomekeye Emmanuel Okwi umupira mwiza bamutegera mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti. Yatewe na Hakizimana Muhadjiri ariko umunyezamu Pavel Ndzila umupira awukuramo.

Ku munota wa 20, Spark Victory yahushije uburyo bw’igitego, ku mupira Iradukunda Elie Tatou yateye ugaca ku ruhande gato rw’izamu.

Nyuma y’umunota umwe gusa, iyi kipe yongeye guhusha ikindi gitego, ku mupira umunyezamu Ntagisanayo Serge yakuriyemo ku murongo.

Umukino wakomeje kuryoha kuko wihutaga amakipe yombi asatirana.

Ku munota wa 41, Niyo David yacomekewe umupira mwiza asigarana n’umunyezamu bonyine, ateye umupira Pavel awukuzamo ikirenge.

Igice cya mbere kiryoshye cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Ikipe y’abakomoka i Rubavu yatangiranye igice cya kabiri igitego, kuko ku munota wa 47 Haruna Niyonzima yafunguye amazamu, ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina.

Ku munota wa 60, Muhadjiri yatakaje umupira ufatwa na Iradukunda Pascal wawuhaye Elie Tatou yishyura igitego.

Mu minota 70, Spark Victory yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri ariko umunyezamu Ntagisanayo akayibera ibamba.

Mu minota 85, umukino watuje amakipe yombi agabanya gusatira cyane, ubona yatangiye gutekereza penaliti.

Ku munota wa 90, Sadjati yakiniwe nabi mu rubuga rw’amahina umusifuzi atanga penaliti. Yatewe neza na Nsabimana Hussein atsinda igitego cya kabiri cya Brésil.

Umukino warangiye Ikipe y’abakomoka i Rubavu yatsinze Spark Victory ibitego 2-1 igera muri ½.

Imikino ya ½ iteganyijwe ku wa Kane, tariki ya 3 Nyakanga 2025, aho Brésil izakina na Native Sports, mu gihe Golden Generation izakina na Young Boys.

Abakinnyi Spark Victory yabanje mu kibuga

Abakinnyi ikipe y’abakomoka i Rubavu yabanje mu kibuga

Mbere y’umukino hafashwe umunota wo kwibuka ku nshuro ya 31 abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haruna Niyonzima ni umwe mu bagize umukino mwiza

Ni imikino yitabirwa ku rwego rwo hejuru

Pavel Ndzila yakuyemo penaliti ya Muhadjiri

Uyu mufana ni umwe mu bishimiwe cyane

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa