FC Barcelona yegukanye Copa del Rey bituma Messi atangaza ikintu gikomeye
Yanditswe: Sunday 18, Apr 2021
Nubwo yatangiye nabi umwaka w’imikino benshi bayiha urw’amenyo,ikipe ya FC Barcelona yaraye inyagiye Athletic Bilbao ibitego 4-0 yegukana igikombe cya Copa del Rey cyabaye icya mbere ku mutoza Ronald Koeman.
Barcelona yihimuye kuri Athletic Bilbao yabatwaye igikombe cya Super Cup mu mwaka ushize iyinyagirira ku mukino wa nyuma wa Copa del Rey ibifashijwemo na Kapiteni wayo Messi watsinze ibitego 2,Antoine Griezman na Frenkie de Jong.
Iki n’igikombe cya 31 Copa Del Rey kuri Barca ndetse iyi kipe y’ubukombe yanze kuzuza umwaka wa kabiri wikurikiranya nta gikombe itwaye.
Barca iracyafite amahirwe yo kwegukana shampiyona ya La Liga kuko iri ku mwanya wa 3 aho irushwa amanota 2 gusa na Atletico Madrid ya mbere.
Bilbao itakaje ibikombe 2 bya Copa del Rey muri uku kwezi kuko mu minsi ishize nabwo yatsinzwe igitego 1-0 na Real Sociedad,ku mukino wa nyuma wa Copa del Rey 2019-20 yakinwe uyu mwaka kubera covid-19.
Nyuma y’uyu mukino,Messi yagize ati “Uyu n’umwaka utandukanye kuri twe,kuko ari uw’abakinnyi bashya.Dufite ikipe irimo abakinnyi bato,twagiye dutsindwa imikino myinshi kubera kwirara no kutagira ubunararibonye ariko turacyari guhatanira shampiyona.
Hari ibyishimo byinshi kuba twatwaye Copa del Rey yari igoye uyu mwaka.Ni ijoro ryiza kandi iyi kipe irabikwiriye.”
Iki nicyo gikombe cya mbere Messi atwaye ari kapiteni wa FC Barcelona nyuma yo guhabwa izi nshingano mu mwaka ushize.yagize ati “Ni iby’agaciro cyane gutwara igikombe ndi kapiteni w’ikipe nabayemo kuva ndi umwana.Batugoye mu kugarira ariko mu gice cya kabiri imbaraga zabo zagabanutse.”
Perezida wa FC Barcelona,Joan Laporta abajijwe ku hazaza ha Messi yagize ati “Ndabizi ko ashaka kuguma mu ikipe.Ni ikipe ye.Yitwaye neza uyu munsi kandi akikijwe n’abakinnyi beza.Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo agume mu ikipe.
Antoine Griezmann yongeyeho ati “Messi arishimye cyane aha ngaha.Ibizaba mu mpeshyi ntabwo biri mu biganza byacu.Niwe uzafata umwanzuro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *