skol

Haringingo wahesheje igikombe Rayon Sports yabonye ikipe nshya muri Kenya

Yanditswe: Thursday 03, Aug 2023

featured-image

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 2 Kanama 2023, nibwo Haringingo Francis Christian yerekanwe nk’umutoza mukuru w’ikipe ya Sofapaka ikina icyiciro cya mbere mu gihugu cya Kenya.

Francis yasinyijishwe amasezerano y’imyaka ibiri,agirwa umutoza mukuru w’iyi kipe . Haringingo wari umaze iminsi mu biganiro n’iyi kipe yemeza ko atangiye urugendo rushya rw’ubutoza nyuma yo kumara imyaka isaga itandatu mu Rwanda.

Haringingo Francis wari umaze umwaka ari umutoza wa Rayon Sports, yagiranye ibiganiro n’ikipe ya AS Kigali ariko ntibyagenda neza kubera ko bananiranwe kumvikana ku mafaranga.

Sofapaka yashinzwe mu 2004, ikaba yambara umweru n’ubururu, mu mwaka ushize w’imikino ikaba yarabaye iya 10 ku rutonde rwa shampiyona.

Haringingo Francis ufite amateka mu Rwanda, kuva 2017 kugera 2019, yari umutoza wa Mukura victory Sports, ayivamo ajya muri Police FC, yavuyemo mu 2021 ajya muri Kiyovu Sports, ayimaramo umwaka umwe ahita yerekeza muri Rayon Sports.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa