skol

Gatera Moussa yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa AS Muhanga

Yanditswe: Thursday 10, Jul 2025

featured-image

AS Muhanga iherutse kongera kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere cya Shampiyona y’u Rwanda, yatangaje ko Gatera Mussa ari we uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Nyakanga 2025, ni bwo AS Muhanga yatangaje ko yamaze kumvikana n’umutoza mushya nyuma yo gutandukana na Munyeshema Gaspard werekeje muri Sunrise FC.

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, AS Muhanga yahise isinyisha Gatera Mussa amasezerano y’imyaka ibiri.

Gatera yari umutoza wa Rutsiro FC, mu mwaka ushize yayifashije kwitwara neza mu Cyiciro cya Mbere, aho yasoreje ku mwanya wa cyenda n’amanota 38.

Uyu mutoza wari wifujwe n’andi makipe arimo Musanze FC na Etincelles FC, agiye gufatanya n’ikipe y’Akarere ka Muhanga gushaka abakinnyi bazifashishwa muri shampiyona y’u Rwanda iteganyijwe gutangira tariki ya 15 Kanama 2025.

AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere mu 2021.

Gatera Moussa yagizwe Umutoza mushya wa Muhanga FC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa