skol

Girubuntu Jeanne d’Arc yarokotse impanuka ikomeye

Yanditswe: Friday 30, Mar 2018

Girubuntu Jeanne d’Arc uherutse gutangaza ko asezeye ku mukino wo gusiganwa ku magare,yarokotse impanuka ikomeye y’imodoka ubwo yarimo afasha imyitozo abandi bakinnyi ba Les Amis Sportifs y’i Rwamagana y’abakobwa.
Girubuntu yakomerekeye mu mpanuka yagize ku wa Kane
Amakuru dukesha RuhagoYacu avuga ko Girubuntu yakoze impanuka kuri uyu wa kane tariki ya 29 Werurwe 2018, ubwo barimo bamanuka mu Kabuga ka Musha berekeza i Nyagasambu, maze imodoka irabitambika mu kuyihunga yanga kugonga (…)

Girubuntu Jeanne d’Arc uherutse gutangaza ko asezeye ku mukino wo gusiganwa ku magare,yarokotse impanuka ikomeye y’imodoka ubwo yarimo afasha imyitozo abandi bakinnyi ba Les Amis Sportifs y’i Rwamagana y’abakobwa.

Girubuntu yakomerekeye mu mpanuka yagize ku wa Kane

Amakuru dukesha RuhagoYacu avuga ko Girubuntu yakoze impanuka kuri uyu wa kane tariki ya 29 Werurwe 2018, ubwo barimo bamanuka mu Kabuga ka Musha berekeza i Nyagasambu, maze imodoka irabitambika mu kuyihunga yanga kugonga umukinnyi mugenzi we maze ahita agwa akomereka mu isura.

Girubuntu yahise ajyanwa mu bitaro bya Rwamagana, yitabwaho ndetse ubu ameze neza, yiteguye gukira vuba kuko abaganga basanze ari ibikomere afite mu maso gusa, amagufa y’umutwe ntacyo yabaye.

Bamwe mu akinnyi bari bari kumwe mu myitozo yakoreyemo iyi mpanuka ni Valens Ndayisenga, Rugamba Janvier, Nirere Xaverine (mushiki wa Valens Ndayisenga) Gahemba Barnabe (murumuna wa Areruya Joseph) Gashiramanga Eugene, Umuhoza n’abandi bakinnyi ba Les Amis Sportifs.

Girubuntu niwe mukobwa wamenyekanye bwa mbere mu mukino wo gusiganwa ku magare aho yamaze igihe ari nomero ya mbere muri mukino w’amagare kuva mu 2012 kugeza mu 2016, akaza gufatwa n’uburwayi bw’ubusumbane bw’amaguru ye, bwatumye asezera burundu ku mukino wo gusiganwa ku magare ku itariki ya 17 Gashyantare 2018, nyuma yo kunanirwa kurangiza isiganwa ry’ibirometero 80 muri shampiyona ya Afurika iherutse kubera mu Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa