Hahishuwe icyo Neymar Jr yahise akora nyuma yo gusezererwa na Manchester City muri Champions League
Yanditswe: Thursday 06, May 2021
Rutahizamu wa PSG,Neymar Jr,yarakajwe bikomeye no gusezererwa muri ½ cya UEFA Champions League bituma yifuza kuva muri iyi kipe yo mu mujyi wa Paris ngo yisubirire muri FC Barcelona gukinana na Lionel Messi.
Ibinyamakuru byo muri Espagne bivuga ko Neymar Jr akimara gutsindwa na Manchester City yabonye ko bitamworohera gutwara igikombe cya Champions League ari muri PSG ariyo mpamvu yahise ahamagara perezida wa FC Barcelona Joan Laporta amubaza ku bijyanye no kumusubiza I Catalonia.
Mu mezi ashize nibwo Neymar Jr yatangaje ko umwaka w’imikino utaha azakinana na Lionel Messi ariko ntiyavuga ikipe bazahuriramo.
Ikinyamakuru cyo muri Espagne cyitwa La Vanguardia cyavuze ko kubera ko amasezerano ya Neymar Jr agiye kurangira,ashobora kugurwa miliyoni 60 na 100 z’amayero kugira ngo asubire muri Barca.
Neymar Jr yateganyaga kongera amasezerano muri PSG ariko bishobora kudakunda kuko yashakaga kureba niba iyi kipe ifite ubushobozi bwo kwegukana Champions League uyu mwaka.
Mu mpera z’ukwezi gushize,byavuzwe ko Messi yamaze kubwira FC Barcelona ko batazakomezanya agiye kwerekeza I Paris gusa itorwa rya Joan Laporta ryatumye ahindura gahunda yiyemeza kuguma muri FC Barcelona iri mu bihe byo kwiyubaka nyuma yo gusubira inyuma cyane mu mwaka w’imikino ushize.
Neymar wagiye muri PSG aguzwe miliyoni 222 z’amayero ntacyo yafashije PSG I Burayi ariyo mpamvu ashaka gusubira muri Barca gushaka Champions League.
Amakuru aravuga kandi ko Kylian Mbappé nawe ashobora kwerekeza muri Réal Madrid gusa mu minsi ishize perezida Perez yavuze ko nta mafaranga ikipe ifite yo kugura abakinnyi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *