Ikipe ya Manchester United yiyemeje kugura myugariro wa Everton ufite agaciro ka miliyoni 75 z’ama pound, Jarrad Branthwaite, kugira ngo asimbure Harry Maguire na Raphael Varane ishaka kurekura mu mpeshyi.
Iyi kipe iheruka kugurwa n’umuherwe nyiri INEOS,Sir Jim Ratcliffe,irashaka kugurisha bariya ba myugariro bombi hanyuma amafaranga avuyemo akagura uyu musore ukiri muto wa Everton.
Uyu Branthwaite w’imyaka 21,niwe myugariro uhanzwe amaso na benshi kubera ukuntu akomeje kwitwara muri Everton aho byitezwe ko azahamagarwa mu bwongereza buzakina Euro 2024.
Uyu musore ubanza mu kibuga bihoraho muri Everton,yatangiriye umupira mu ikipe ya Carlisle United mbere y’uko yinjira muri the Toffees mu 2020.
Umuherwe Ratcliffe yasabye abashinzwe siporo muri Man United n’umutoza Ten Hag gukora urutonde rw’abakinnyi bifuza mu mpeshyi,ku mwanya wa mbere bose bandika uyu Branthwaite.
Hari amakuru avuga ko na Real Madrid yaba iri gukurikirana uyu musore bityo bizaba akazi gakomeye mu mpeshyi kuko amakipe menshi aramushaka.
Uyu musore umaze gukinira Everton imikino 31,afatwa nka myugariro ukiri muto mwiza kurusha abandi i Burayi muri iki gihe.
United irashaka kubaka ubwugarizi cyane ko benshi mu bayikinira ubu bashobora gusohoka mu mpeshyi.
Branthwaite azinjiriza akayabo kenshi Everton mu mpeshyi

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *