Umutoza Haringingo Francis Christian na Amissi Cédric bose bakomoka mu Burundi berekeje mu ikipe ya Kiyovu Sports.
Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports iheruka gukurirwaho bimwe mu bihano byo kutemererwa kwandikisha abakinnyi bashya, kuri ubu iri kureba uko n’ibindi yabikuraho ikora ibyo yari yasabwe n’abari bayireze muri FIFA.
Iyi kipe nubwo itari yemererwa kwandisha abakinnyi bashya ariko yamaze gusinyisha umukinnyi wari amaze iminsi ari mu igerageza muri Rayon Sports gusa bikaza kurangira umutoza atamushimye, Amissi Cédric.
Uyu mukinnyi ukina asatira anyuze ku mpande mu mwaka ushize nabwo yari yerekeje muri Kiyovu Sports gusa birangira adakinnye kubera ko itari yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya.
Cédric Amissi yazamukiye mu ikipe ya Prince Louis Football Club yiwabo mu Burundi. Yanyuze muri Rayon Sports guhera muri 20112 maze muri 2013 ayifasha kwegukana igikombe cya shampiyona atsinze ibitego 16 mu mikino 14.
Yaje kuyivamo muri 2014 bitewe n’ibihano byo kumara amezi atandatu adakina yari yafatiwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) aho yashinjwaga uruhare mu mvururu zakurikiye umukino wa AS Kigali na Rayon Sports, wabaye tariki ya 20 Mata 2014.
Nyuma yayo yakiniye andi makipe atandukanye gusa yari amaze imyaka ibiri nta kipe afite.
Kiyovu Sports kandi yasinyishije Umutoza Haringingo Francis watandukanye na Bugesera FC mbere y’uko umwanya ushize w’imikino urangira. Ayisubiyemo dore ko yayitoje mu mwaka w’imikino wa 2021/2022 akayifasha gusoreza ku mwanya wa 2 muri shampiyona aho yarishwaga inota rimwe na APR FC yegukanye igikombe.
Yatoje andi makipe arimo Mukura VS yafashije gutwara igikombe cy’Amahoro, Police FC na Rayon Sports nayo yafashije gutwara igikombe cy’Amahoro.
Haringingo yasubiye muri Kiyovu sports
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *