skol

Haruna Niyonzima agiye kumara icyumweru adakina kubera imvune

Yanditswe: Wednesday 03, Jan 2018

Umunyarwanda Haruna Niyonzima ukina mu ikipe ya Simba SC agiye kumara icyumweru hanze y’ikibuga kubera imvune y’akagombabari yagize mu minsi ishize.
Nkuko umutoza w’ikipe ya Simba SC Masudi Irambona Djuma yabitangarije ikinyamakuru The New Times dukesha iyi nkuru,uyu musore ntabwo azagaragara mu mikino ya Mapinduzi Cup iteganyijwe muri iki cyumweru bitewe n’imvune yagize.
Haruna ukunzwe n’abafana benshi muri Tanzania,ntazagaragara mu mukino ikipe ya Simba SC izahura na Mwenge FC aho (…)

Umunyarwanda Haruna Niyonzima ukina mu ikipe ya Simba SC agiye kumara icyumweru hanze y’ikibuga kubera imvune y’akagombabari yagize mu minsi ishize.

Nkuko umutoza w’ikipe ya Simba SC Masudi Irambona Djuma yabitangarije ikinyamakuru The New Times dukesha iyi nkuru,uyu musore ntabwo azagaragara mu mikino ya Mapinduzi Cup iteganyijwe muri iki cyumweru bitewe n’imvune yagize.

Haruna ukunzwe n’abafana benshi muri Tanzania,ntazagaragara mu mukino ikipe ya Simba SC izahura na Mwenge FC aho niwutsinda ishobora guhura na Yanga Africans muri iki gikombe cya Mapinduzi Cup yo izacakirana na Mlandege FC.

Imvune ya Haruna Niyonzima yiyongereye k’uyu musore Laudit Mavugo utarakinira Simba SC nyuma ya CECAFA iheruka kubera mu gihugu cya Kenya ubwo yari kumwe n’ikipe y’Uburundi.

Haruna Niyonzima yerekeje muri Simba SC uyu mwaka nyuma y’igihe kinini yari amaze muri mukeba wayo Young Africans.

Dusingizimana Remy

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa