Ikipe ishinjwa gusuka amazi mu kibuga cyayo ngo umukino usubikwe iri gukorwaho iperereza
Yanditswe: Tuesday 24, Feb 2026
Ikipe ya King’s Lynn Town ikina muri National League North iri gukorwaho iperereza aho iri gushinjwa gusuka amazi mu kibuga cyayo nkana, hagamijwe gutuma umukino wayo na South Shields F.C. usubikwa.
Uyu mukino wagombaga kuba ku wa 14 Gashyantare 2026, ariko uza gusubikwa bitewe n’uko ikibuga cyari cyuzuye amazi nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kugwa. Icyakora, amakuru mashya agaragaza ko hari iperereza ryatangiye ku buryo uwo mukino wasubitswe.
Ikinyamakuru The Times cyatangaje ko hari amashusho ya camera zicunga umutekano (CCTV) yerekana ko imashini zisuka amazi (sprinklers) zari zifunguye ku kibuga, kandi cyari gisanzwe cyamaze kwakira imvura nyinshi.
Amakuru avuga ko ayo mashusho yafashwe umunsi umwe mbere y’umukino, amasaha make mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo kuwusubika.
Biravugwa kandi ko ubuyobozi bwa National League bwandikiye King’s Lynn busaba guhabwa ayo mashusho kugira ngo bukore iperereza ryimbitse.
Ibi bije mu gihe iyi kipe iri ku mwanya wa 19 ku rutonde kandi irwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, byiyongera ku kibazo cy’abakinnyi benshi bari bafite imvune n’uburwayi mbere y’umukino wa South Shields.
Umuvugizi wa National League yemeje ko iperereza ririmo gukorwa, agira ati: “Turabizi ko hari ibi birego kandi turi gukora iperereza kuri byo.”
Umukino wasubitswe washyizwe tariki ya 17 Werurwe 2026, bivuze ko South Shields izakora urugendo rurerure iva mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’u Bwongereza ijya i Norfolk hagati mu cyumweru.
King’s Lynn Town yatangaje gusa itariki nshya y’umukino, igira iti: “Turamenyesha abafana bacu ko umukino wacu na South Shields wasubitswe, uzakinwa ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe saa 19:45.”
Perezida wa South Shields, Geoff Thompson, yabwiye BBC ati: “Turabizi ko iki kibazo kiri gukorwaho iperereza na National League. Twabonye kandi ibimenyetso byerekana ko imashini zisuka amazi zari zimaze igihe kinini zifunguye mbere y’uko umusifuzi akora isuzuma ry’ikibuga, ryabaye hifashishijwe telefoni ari kumwe n’umukozi ushinzwe ikibuga wa King’s Lynn.”
Iperereza riracyakomeje, rikazagaragaza niba koko hari icyemezo cyafashwe nkana cyo kumena amazi mu kibuga hagamijwe gusubika umukino.
National League North ni shampiyona y’icyiciro cya 6 mu Bwongereza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *