Umukino wa APR FC na Bumamuru FC yo mu Burundi muri CECAFA Kagame Cup, wari uteganyijwe gukinwa tariki ya 2 Nzeri, wimuriwe ku wa Gatatu tariki ya 3 Nzeri 2025.
Ku Cyumweru ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yageze i Dar es Salam muri Tanzania ahazabera irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati rya CECAFA Kagame Cup.
APR FC iri mu Itsinda B isangiye na Bumamuru FC yo mu Burundi, KMC yo muri Tanzania na Mlandege FC yo muri Zanzibar.
Umukino wa mbere wari uteganyijwe kubera ku kibuga cya Azam Complex, ariko amakipe yamenyeshejwe ko iki kibuga kitazakoreshwa ahubwo cyasimbujwe icya Major General Isamuhyo Stadium.
Kubera izo mpamvu, APR FC na Bumamuru FC zahinduriwe umunsi wo gukina, zishyirwa ku wa Gatatu, tariki ya 3 Nzeri kuri KMC Stadium, fuhera saa Sita z’amanywa.
Uretse umukino ubanza, umukino wa kabiri wa APR FC uzakinwa ku wa Gatandatu tariki ya 6 Nzeri kuri Major General Isamuhyo Stadium, mu gihe uwa nyuma izawukinira kuri KMC Stadium ku wa Mbere, tariki ya 8 Nzeri.
Abakinnyi ba APR FC itozwa na Abderrahim Taleb bazindukiye mu myitozo kuri uyu wa Mbere, bitegura umukino wa mbere w’iri rushanwa basoreje ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize.
Imikino ya CECAFA Kagame Cup yahinduriwe iminsi n’ibibuga

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *