skol

Karekezi yahishuye impamvu Rayon Sports ititwaye neza mu mikino 2 iheruka

Yanditswe: Monday 25, Dec 2017

Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Karekezi Olivier yatangaje ko abakinnyi be bamubwiye ko bananiwe ndetse kuba barihanganye bagakina imikino 2 iheruka kwari uguhatiriza ndetse akaba ariyo mpamvu batitwaye neza.
Uyu mutoza watangiye neza nyuma yo kurekurwa n’ubugenzacyaha,ubwo yatsindaga imikino 2 ikomeye,ntiyahiriwe n’indi 2 yakurikiyeho ubwo yatsindwaga na Etincelles FC igitego 1-0 ndetse akanganya na Miroplast FC igitego 1-1.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’umukino (…)

Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Karekezi Olivier yatangaje ko abakinnyi be bamubwiye ko bananiwe ndetse kuba barihanganye bagakina imikino 2 iheruka kwari uguhatiriza ndetse akaba ariyo mpamvu batitwaye neza.

Uyu mutoza watangiye neza nyuma yo kurekurwa n’ubugenzacyaha,ubwo yatsindaga imikino 2 ikomeye,ntiyahiriwe n’indi 2 yakurikiyeho ubwo yatsindwaga na Etincelles FC igitego 1-0 ndetse akanganya na Miroplast FC igitego 1-1.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’umukino yanganyije na Miroplast FC igitego 1-1 ku wa Gatandatu,Karekezi yabwiye abanyamakuru ko abakinnyi be bamubwiye ko bananiwe mbere y’umukino ndetse ko kuba bamaze iminsi bafite umubare muke w’abakinnyi byabagoye cyane.

Yagize ati “Ntabwo umusaruro ari mwiza kuko twari dukeneye amanota 3, gusa icyo navuga muri iyi mikino 4 yikurikiranya twagize imvune zitandukanye,abakinnyi bambwiye ko bananiwe yaba Pierrot na Shassir ntibigeze baruhuka nyuma yo kuva mu ikipe y’igihugu.Abakinnyi bagiye kuruhuka muri iyi minsi mikuru,nibwo tuzatangira gutegura imikino ikurikira.

Kubera ko Amavubi agiye kwitegura imikino ya CHAN,shampiyona igiye gusubikwa aho ishobora kuzagaruka mu kwezi kwa kabiri ndetse Rayon Sports izaba yagaruye abakinnyi bayo benshi bari bafite imvune dore ko yari imaze iminsi ifite abakinnyi 15 gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa