Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Argentine na Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,Lionel Messi akomeje gusaza nk’umuvinyo aho arimo arandika amateka mashya mu mupira w’amaguru.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ikipe ya ya Inter Miami yatsinze New England ibitego 2-1. Ibi bitego byose ni Messi wabitsinze aho kimwe yagitsinze ku munota wa 27 naho ikindi akagitsinda ku munota wa 38 ahawe umupira na Sergio Busquets ku munota wa 38.
Yahise aba umukinnyi wa mbere utsinze mu mikino ine yikurikiranya muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ya Major League Soccer.
Muri ibi bitego kandi harimo icyo yatsinze ari inyuma y’urubuga rw’amahina aho cyahise kiba icyi 100 ndetse bigahita bimugira umukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi ari inyuma y’urubuga rw’amahina.
Lionel Messi yahise yuzuza ibitego 870 amaze gutsinda aho yahise yandika amateka yo kuba umukinnyi ubigejeje akiri muto Kandi mu mikino micye. Yabigijeje ku myaka 38 n’iminsi 15 mu mikino 1111. Ni mu gihe Cristiano Ronaldo we yabigejeje ku myaka 38 n’iminsi 321 mu mikino 1202.
Muri rusange Lionel Messi amaze gukina imikino 1111 akaba yaratsinzemo ibitego 870 ndetse akanatangamo imipira 385 ibivamo. Bivuze ngo amaze kugira uruhare mu bitego 1255 aho biruta imikino 1111 amaze gukina.
Lionel Messi akomeje kwandika amateka mashya


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *