skol

Luka Modric watanze byose muri Real Madrid umukino we wa nyuma wamubereye mubi

Yanditswe: Thursday 10, Jul 2025

featured-image

Nubwo Luka Modric yasoreje urugendo rwe muri Real Madrid mu buryo bubabaje ubwo batsindwaga 4-0 na Paris Saint-Germain muri ½ cya Club World Cup, umutoza Xabi Alonso yavuze ko ibyo bitazigera byanduza umurage w’uyu mukinnyi w’icyamamare.

Modric, wegukanye Ballon d’Or mu 2018 ndetse akaba umukinnyi watwaye ibikombe byinshi mu mateka ya Real Madrid, aritegura kwerekeza muri AC Milan nyuma yo gukina umukino wa nyuma kuri iyi kipe kuri Stade MetLife muri New Jersey, ku wa Gatatu.

Uyu munya-Croatia w’imyaka 39, yinjiye muri Real Madrid avuye muri Tottenham mu 2012, aho amaze kuyikinira imikino 597 akanayihesha ibikombe 28, birimo Champions League esheshatu (6).

Xabi Alonso, wahoze ari umukinnyi wa Real Madrid bakinana ariko ubu akaba ayitoza, yagize ati: “Si ko yifuzaga gusoza, ni iherezo ribabaje, ariko abantu ntibazibuka uyu mukino ahubwo bazamwibukira ku yindi mikino myiza yakoze. Ni icyamamare mu mupira w’amaguru ku isi no muri Real Madrid. Azibukirwa ku bintu byinshi byiza kurusha iminota 25 yakinnye uyu munsi.”

Thibaut Courtois, umunyezamu wa Real Madrid, na we yashimangiye ko Modric yasize ikimenyetso gikomeye muri iyi kipe. Ati “Modric ahora ahabwa amashyi y’urufaya, kandi si ku bafana ba Real Madrid gusa. Ni umukinnyi ukomeye, inshuti nziza, kandi tuzamukumbura cyane,

Luka Modric nyuma yo gutangaza ko atazakomezanya na Real Madrid nyuma y’imyaka 13 ayimazemo, ubu agiye kwerekeza muri AC Milan.

Modric, wegukanye Ballon d’Or mu 2018 ndetse akaba umukinnyi watwaye ibikombe byinshi mu mateka ya Real Madrid, aritegura kwerekeza muri AC Milan nyuma yo gukina umukino wa nyuma kuri iyi kipe kuri Stade MetLife muri New Jersey, ku wa Gatatu.

Uyu munya-Croatia w’imyaka 39, yinjiye muri Real Madrid avuye muri Tottenham mu 2012, aho amaze kuyikinira imikino 597 akanayihesha ibikombe 28, birimo Champions League esheshatu (6).

Xabi Alonso, wahoze ari umukinnyi wa Real Madrid bakinana ariko ubu akaba ayitoza, yagize ati: “Si ko yifuzaga gusoza, ni iherezo ribabaje, ariko abantu ntibazibuka uyu mukino ahubwo bazamwibukira ku yindi mikino myiza yakoze. Ni icyamamare mu mupira w’amaguru ku isi no muri Real Madrid. Azibukirwa ku bintu byinshi byiza kurusha iminota 25 yakinnye uyu munsi.”

Thibaut Courtois, umunyezamu wa Real Madrid, na we yashimangiye ko Modric yasize ikimenyetso gikomeye muri iyi kipe. Ati “Modric ahora ahabwa amashyi y’urufaya, kandi si ku bafana ba Real Madrid gusa. Ni umukinnyi ukomeye, inshuti nziza, kandi tuzamukumbura cyane,

Luka Modric nyuma yo gutangaza ko atazakomezanya na Real Madrid nyuma y’imyaka 13 ayimazemo, ubu agiye kwerekeza muri AC Milan.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa