Moumi ukinira Cameroun yatawe muri yombi azira guca inyuma umukunzi we
Yanditswe: Tuesday 11, Nov 2025
Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu ya Cameroun na Dynamo Moscow yo mu Burusiya, Nicolas Moumi Ngamaleu, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gufatirwa mu cyuho aca inyuma umukunzi we, Nikki Seey.
Ibi byabereye mu nyubako irimo amacumbi (Apartment) aherereye mu Mujyi wa Moscow mu Burusiya ku Cyumweru, tariki ya 9 Ugushyingo 2025, cyane ko ari ho Nicolas Moumi Ngamaleu asanzwe akina.
Mu mashusho yakomeje gusakazwa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu mukinnyi wari wambaye ikabutura y’ikipe y’igihugu ya Cameroun atabwa muri yombi na Polisi yo mu Burusiya mu gihe umugore bivugwa ko baryamanaga atigeze atuma hari abamufata amashusho agaragaza mu maso.
Bivugwa ko Nicolas yahamagarijwe inzego z’umutekano n’umukunzi we, Nikki Seey ukomoka muri iki gihugu nyuma y’igihe bakundana. Amakuru avuga ko ibiganiro [chats], Ngamaleu yagiranye n’uwo bamufashe baryamana, yashyizwe hanze n’umukunzi we nk’ikimenyetso simusiga cyerekana ko yamuciye inyuma.
N’ubwo hataramenyekana icyakurikiyeho nyuma yo gutabwa muri yombi, uyu mukinnyi yumvikanye asaba Polisi kutamukoraho agira ati “Don’t touch me.. Ntunkoreho.”
Kugeza ubu nta tangazo rirashyirwa hanze n’uruhande rw’abahagarariye Moumi mu mategeko, mu gihe uyu musore ukina mu busatirizi aca ku ruhande, ari mu bahamagawe mu ikipe y’Igihugu yitegura umukino wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wa kamarampaka wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.
Ni umukino biteganyijwe ko uzakinwa ku wa Kane, tariki ya 13 Ugushyingo 2025.
Moumi ukinira Cameroun yatawe muri yombi azira guca inyuma umukunzi we

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *