skol

Moussa Camara yatangiye imyitozo muri Rayon Sports [AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 31, Aug 2022

featured-image

Rutahizamu Moussa Camara yatangiye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports aheruka kugarukamo nyuma y’imyaka 5 ayivuyemo akerekeza mu barabu…
Camara bivugwa ko ubu afite imyaka 28,yageze mu Rwanda mu cyumweru gishize nyuma yo kugurwa bwa kabiri na Rayon Sports.
Iyi myitozo yayitangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 ku kibuga cyo ku Ruyenzi.
Camara yatangiriye ku myitozo yoroheje mu gihe bagenzi be bo bakomeje kwitegura imikino 3 harimo ibiri mpuzamahanga.
Muri iki cyumweru, Rayon (…)

Rutahizamu Moussa Camara yatangiye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports aheruka kugarukamo nyuma y’imyaka 5 ayivuyemo akerekeza mu barabu…

Camara bivugwa ko ubu afite imyaka 28,yageze mu Rwanda mu cyumweru gishize nyuma yo kugurwa bwa kabiri na Rayon Sports.

Iyi myitozo yayitangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 ku kibuga cyo ku Ruyenzi.

Camara yatangiriye ku myitozo yoroheje mu gihe bagenzi be bo bakomeje kwitegura imikino 3 harimo ibiri mpuzamahanga.

Muri iki cyumweru, Rayon Sports igiye gukina imikino itatu ya gicuti irimo ibiri mpuzamahanga yose izabera i Kigali harimo n’uwa Singida Big Stars ikinamo rutahizamu Meddie Kagere.

Gahunda y’imikino Rayon Sports ifite irimo uw’uyu munsi na MUKURA VS,Kuwa 02 Nzeri na URA FC yo muri Uganda,hanyuma isoreze kuri Singida United kuwa 04 Nzeri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa