Muri Arsenal impundu zishobora kuvuga! Ni nde mugore uhabwa amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or?
Yanditswe: Monday 22, Sep 2025
Nyuma yo kwegukana Champions League yayo ya kabiri mu mateka, Arsenal WFC ishobora guhirwa n’ijoro rya none ikabona Ballon d’Or ya mbere n’ubwo ibikurankota bya FC Barcelona Fermin bitayoroheye.
Uyu munsi hategerejwe ibirori byo gutanga ibihembo bya Ballon d’Or bihabwa uwahize abandi haba mu kiciro cy’abagabo n’abagore ndetse no mu bato. Mu cyiciro cy’abagore, hari ibyiringiro ko Arsenal WFC yabona Ballon d’Or ya mbere nyuma y’uko baheruka kubona Champions League yabo ya kabiri.
Nk’uko byemejwe, nta muntu n’umwe uzi umukinnyi uri buze guhabwa Ballon d’Or atiko hari abahabwa amahirwe menshi kurusha abandi. Mu bagore, uhabwa amahirwe ni;
1. Mariona Caldentey
Uyu mugore ukomoka muri Spain akaba akinira ikipe ya Arsenal yagezemo avuye muri FC Barcelona y’abagore, ni umwe mu bahabwa amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or nyuma yuko yitwaye neza mu mwaka w’imikino ushize aho yahesheje Arsenal igikombe cya Champions League batsinze FC Barcelona igitego 1-0.
Mariona Caldentey yatsinze ibitego 18 ndetse anatwara Champions League. Uyu mugore akaba akina mu kibuga hagati.
2. Alexia Putellas
Putellas wa FC Barcelona ni umwe mu bakinnyi bazandikwa mu bitabo bya ruhago y’abagore bigendanye n’ibyo akora ndetse akomeje gukora. N’ubwo batabashije gutwara Champions League, Alexia Putellas ari guhabwa amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or y’uyu mwaka. Alexia Putellas yatsinze ibitego 22 n’imipira ivamo ibitego 22. Akina mu kibuga hagati asatira izamu.
3. Aitana Bonmati
Uyu ni we ubitse Ballon d’Or 2 z’imwaka ishize mu bagore akaba ari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana iyi Ballon d’Or. Akinira FC Barcelona ndetse akaba akomoka muri Spain. Aitana Bonmati yatsinze ibitego 16 n’imipira ivamo ibitego 7.
Aitana Bonmati na Alexia Putellas bafite uduhigo two gutwara Ballon d’Or inshuro ebyiri zikurikiranya mu gihe umwe muri bo yatwara indi Ballon d’Or, yaba aciye kuri mugenzi we.
Mariona wa Arsenal ni umwe mu bahabwa amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or ya 2025
Putellas wa FC Barcelona ni umwe mu bashobora gukomeza kwandika amateka akakaye muri ruhago y’abagore
Mu gihe Aitana Bonmati yatwara Ballon d’Or y’uyu mwaka, yaba aciye agahigo ko kuba umugore wa mbere utwaye Ballon d’Or 3 zikurikiranya



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *