skol

Muvunyi yashimangiye ko Rayon Sports y’umwaka ushize itari nziza ku buryo yahangana na APR FC

Yanditswe: Wednesday 09, Jul 2025

featured-image

Perezida w’Urwego rw’Ikirenga rwa Rayon Sports, Muvunyi Paul, yashimangiye ko ikipe bari bafite mu mwaka w’imikino ushize itari nziza ku buryo yahangana na APR FC, avuga ko iyo bari kubaka ubu izaba ikomeye.

Yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Kabiri ubwo Rayon Sports yatangizaga ku mugaragaro umwaka w’imikino wa 2025/26.

Rayon Sports yayoboye Shampiyona igihe kirekire, yasoreje ku mwanya wa kabiri irushwa amanota ane APR FC ya mbere ndetse inatsindirwa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro ibitego 2-0.

Muvunyi Paul uyobora Urwego rw’Ikirenga rw’iyi kipe, yavuze ko batari ku rwego rwo guhangana na mukeba ndetse n’umusaruro babonye ari ukubera imbaraga zashyizwemo n’ubuyobozi bukuriwe na Twagirayezu Thaddée.

Ati “Mu by’ukuri ntabwo twari dufite ikipe nziza pe, ni ikipe twaje dusanga. No kuba yarageze hariya ni uruhare rw’aba bagabo. Naho ubundi ntabwo yari ikipe yagombye guhangana na APR ku rwego rugaragara, mu mpande zose. Ariko ubu ikipe yubatswe none aha, mwahoze mutubwira ibanga, reka nceceke.”

Ku rundi ruhande, Muvunyi yashimangiye ko Rayon Sports itakabaye ikipe itera ubwoba APR FC nubwo atigeze asobanura impamvu yashingiyeho.

Ati “APR ni ikipe yagombye kuba itagira ubwoba bwa Rayon Sports kubera impamvu nyinshi. Ariko na none kuba inayibona mu bitugu byayo, hari impamvu nyinshi.”

Aha ni ho yahereye yibutsa abantu uburyo APR FC na Rayon Sports zigeze kunganya amanota 60 muri Shampiyona ya 2008, habarwa ibitego.

Ati “Twakinnye na Police FC umukino wa nyuma tuyitsinda ibitego 2-1, bo bakinnye na Zebres FC icyo gihe, mu minota 10 byari ibitego bingahe? [Araseka]. Ndibuka ko Aba-Rayons batababaye kuko twagiye mu Mujyi tugura igikombe turazenguruka. Twatse umukino wa ‘play-off’ ngo turebe ikipe itwara igikombe barabyanga.”

Icyo gihe APR yatsinze Zèbres FC ibitego 8-0, yegukana Shampiyona izigamye ibitego 38 naho Rayon Sports isoza izigamye ibitego 30.

Perezida w’Urwego Rukuru rwa Rayon Sports, Muvunyi Paul, yavuze ko ikipe bari bafite mu mwaka w’imikino wa 2024/25 itari ku rwego rwo guhangana na APR FC

Rayon Sports yasoreje ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona inatsindirwa na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa