skol

Myugariro Mitima Isaac yongereye amasezerano muri Rayon Sports

Yanditswe: Friday 23, Jun 2023

featured-image

Myugariro Mitima Isaac wari usoje amasezerano muri Rayon Sports ari mu nzira zo kuyongera agasinya indi myaka ibiri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 23 Kamena 2023 nibwo Mitima yongereye amasezerano. Ni umwe mu bitwaye neza muri Murera umwaka ushize w’imikino ndetse ayifasha no kwegukana Igikombe cy’Amahoro biyihesha kuzasohokera Igihugu mu Mikino Nyafurika ya CAF Confederations Cup.
Uyu mukinnyi mu kwezi gushize yari yahawe ubutumire n’ikipe ya Sheriff Tiraspol yo muri Moldova (…)

Myugariro Mitima Isaac wari usoje amasezerano muri Rayon Sports ari mu nzira zo kuyongera agasinya indi myaka ibiri.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 23 Kamena 2023 nibwo Mitima yongereye amasezerano. Ni umwe mu bitwaye neza muri Murera umwaka ushize w’imikino ndetse ayifasha no kwegukana Igikombe cy’Amahoro biyihesha kuzasohokera Igihugu mu Mikino Nyafurika ya CAF Confederations Cup.

Uyu mukinnyi mu kwezi gushize yari yahawe ubutumire n’ikipe ya Sheriff Tiraspol yo muri Moldova gusa byaje kurangira atayerekejemo.

Mitima Isaac yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo Intare, Police FC ndetse na Sofapaka FC yo muri Kenya.

Mitima Isaac yageze muri Rayon Sports mu mu mpeshyi ya 2021 akaba mu mwaka w’imikino wa 2022-2023 yarabaye inkingi ya mwamba mu bwugarizi byafashije Rayon Sports kwegukana igikombe cy’Amahoro 2023.

Mitima Isaac yari yavuze ko yiteguye kongera amasezerano mu gihe cyose yahabwa ibyo yifuza n’ikipe ya Rayon Sports kuko ibyo aba arimo byose ari akazi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa