Rutahizamu w’umunya Brazil Neymar Jr yasezeranyijwe guhabwa akayabo k’ibihumbi 725,000 by’amapawundi n’uruganda rwa Nike naramuka yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza ku isi Ballon d’or.
Uyu musore uherutse kuvunika ndetse akaba azamara amezi 3 adakina,yasinyanye amasezerano na Nike mu mwaka wa 2011 azarangira mu mwaka wa 2022 aho yemerewe n’uru ruganda ko natwara Ballon d’Or azahabwa aka kayabo.
Uyu musore w’imyaka 26 yabwiwe ko uko azajya agenda atwara iki gikombe agahimbazamusyi kazajya kikuba (...)
Rutahizamu w’umunya Brazil Neymar Jr yasezeranyijwe guhabwa akayabo k’ibihumbi 725,000 by’amapawundi n’uruganda rwa Nike naramuka yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza ku isi Ballon d’or.
Uyu musore uherutse kuvunika ndetse akaba azamara amezi 3 adakina,yasinyanye amasezerano na Nike mu mwaka wa 2011 azarangira mu mwaka wa 2022 aho yemerewe n’uru ruganda ko natwara Ballon d’Or azahabwa aka kayabo.
Uyu musore w’imyaka 26 yabwiwe ko uko azajya agenda atwara iki gikombe agahimbazamusyi kazajya kikuba kabiri cyane ko atarabasha kugira amahirwe yo kwegukana iki gihembo ndetse igishya yakoze ni ukuza ku mwanya wa 3 inshuro (2015,2017).
Neymar azongera kugaragara mu kibuga mu gikombe cy’isi,nyuma yo kubagirwa mu bitaro bya Mater Dei ku kuguru kwe kw’iburyo ku munsi w’ejo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *