Ogada yatsindiye akayabo ka miliyoni 230 z’amashilingi ya Kenya muri Sportpesa
Yanditswe: Thursday 08, Feb 2018
Umusore witwa Gordon Ogada ari kuvugwa cyane mu bitangazamakuru byo hirya no hino kubera amahirwe yagize mu mikino y’amahirwe akarya sosiyete ya Sportpesa akayabo ka miliyoni 230 z’amashilingi ya Kenya.
Uyu musore ukiri muto yaguze amakipe 17 yose aratsinda bituma atsindira aka kayabo ndetse ahita aca agahigo ko kuba umuntu wa mbere ubashije gutsindira amafaranga menshi kurusha abandi mu mikino y’amahirwe muri Kenya.
Ogada usanzwe ari imfubyi yatunguye benshi mu bakunzi b’imikino y’amahirwe (...)
Umusore witwa Gordon Ogada ari kuvugwa cyane mu bitangazamakuru byo hirya no hino kubera amahirwe yagize mu mikino y’amahirwe akarya sosiyete ya Sportpesa akayabo ka miliyoni 230 z’amashilingi ya Kenya.
Uyu musore ukiri muto yaguze amakipe 17 yose aratsinda bituma atsindira aka kayabo ndetse ahita aca agahigo ko kuba umuntu wa mbere ubashije gutsindira amafaranga menshi kurusha abandi mu mikino y’amahirwe muri Kenya.
Ogada usanzwe ari imfubyi yatunguye benshi mu bakunzi b’imikino y’amahirwe kuko aka kayabo yatsindiye kamushyize mu ba miliyoneri bakomeye mu gihugu cya Kenya.
Nyuma yo kugura amakipe 17 agatsinda ndetse akegukana miliyoni 230,742,881 y’amashilingi ya Kenya ,Ogada yakoze agahigo ko kuba ariwe muntu umaze gutsindira amafaranga menshi muri iyi sosiyete y’igikomerezwa mu mikino y’amahirwe ikora ku isi yose.
Abisai niwe waherukaga gutsindira akayabo
Mu mwaka ushize umusore witwa Samuel Abisai yatsindiye akayabo ka miliyoni 221 z’amashilingi ya Kenya none agahigo ke kakuweho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *