skol

Pep Guardiola yiyamye abagereranya Lamine Yamal na Lionel Messi

Yanditswe: Tuesday 29, Jul 2025

featured-image

Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, yasabye abantu kwitonda mu kugereranya Lamine Yamal na Lionel Messi. Aba bombi bazamukiye muri La Masia, irerero rya FC Barcelona, bose bakina bakoresheje ukuguru kw’ibumoso, bafite ubuhanga buhebuje n’uburyo bwo gutera abakinnyi bahanganye urujijo mu kibuga.

Guardiola yavuze ko ibyo kugereranya aba bakinnyi byaba byiza bikozwe nyuma y’uko Yamal abonye umwanya uhagije wo gukura no kwerekana aho ashobora kugera. Pep Yagize ati: “Mumureke akure neza mu mwuga we. Kugereranywa na Messi ni ikintu gikomeye.”

Yakomeje agira ati: “Ni nk’iyo ugereranyije umunyabugeni wamamaye nka Van Gogh, abantu bahita bavuga bati ‘Ntameze nabi, bivuze ko ari mwiza’. Kuba bamugereranya na Messi ni ikimenyetso ko ari umukinnyi mwiza. Ariko turasabwa kumureka agakomeza gukura. Tuzareba uko bizagenda.

“Messi ni igihangange. Yatsinze ibitego 90 mu mwaka umwe, abikora imyaka 15 yikurikiranya adakomwe mu nkokora n’imvune. Ni ibintu bikomeye. Mumureke. Mumureke.”

Lamine Yamal na Lionel Messi bafitanye amateka adasanzwe

Lamine Yamal akomeje kugereranywa na Lionel Messi kubera impano idasanzwe afite

Lamine Yamal yahawe nimero ya Lionel Messi muri FC Barcelona

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa