Premier League: Bigoranye Liverpool yikuye imbere ya Newcastle United y’abakinnyi 10
Yanditswe: Tuesday 26, Aug 2025
Ikipe ya Liverpool yikuye imbere ya Newcastle United y’abakinnyi 10 bigoranye mu mukino wo ku munsi wa kabiri wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza.
Uyu mukino wakinwe ku wa Mbere saa Tatu z’ijoro kuri St James’ Park. Umukino watangiye wihuta cyane aho umupira wavaga ku izamu rimwe ujya ku rindi. Ku munota wa 12, Florian Wirtz yarekuye ishoti ryashoboraga guteza ibibazo Newcastle United ariko umunyezamu aratabara ashyira umupira muri koroneri itagize icyo itanga.
Umukino wakomeje Newcastle United irusha Liverpool ari ko isatira cyane binyuze ku bakinnyi bayo barimo Antony Gordon na Antony Elanga.
Ku munota wa 25 Newcastle United yari ifunguye amazamu habura gato ku mupira wazamuwe neza imbere y’izamu ubundi Antony Gordon ashyiraho umutwe ariko umupira unyura hejuru gato.
Ku munota wa 35 Liverpool yaje gukosora Newcastle United iyitsinda igitego ku ishoti riremereye ryarekuwe na Ryan Gravenberch ari inyuma y’urubuga rw’amahina ahawe umupira na Cody Gakpo.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Antony Gordon yabonye ikarita y’umutuku ku ikosa rikomeye yakoreye Virgir.
Mu gice cya kabiri Liverpool yaje ishaka igitego cy’umutekano ndetse ku munota wa 46 ihita ikibona gitsinzwe na Hugo Ekitike ahawe umupira na Cody Gakpo.
Bruno Guimaraes yaje gutsindira Newcastle United igitego ku mupira yahawe na Tino Livramento ashyiraho umutwe. Nyuma y’uko Newcastle United ibonye iki gitego yakomeje gusatira cyane ariko ba myugariro ba Liverpool bakihagararaho. Ku munota wa 88 Newcastle United yabonye igitego cya kabiri gitsinzwe na William Osula.
Ku munota wa 90+10 Rio Ngumoha w’imyaka 16 winjiye mu kibuga asimbuye yatabaye Liverpool atsinda igitego cya 3 ahawe umupira na Mohamed Salah. Liverpool yahise ijya ku mwanya wa 3 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 6 naho Newcastle United yo ijya ku mwanya wa 15 n’inota rimwe.
Rio Ngumoha w’imyaka 16 ni we wafashije Liverpool kwikura imbere ya Newcastle United
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *