Primož Roglič mu bazakina Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali
Yanditswe: Tuesday 02, Sep 2025
Umunya-Slovenia, Primož Roglič ukinira Red Bull–Bora–Hansgrohe ni umwe mu bakinnyi beza bazaba bari guhatanira isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare rizabera mu Rwanda.
Amakipe y’igihugu akomeje gutangaza abakinnyi no kureshya abo yifuza kuzifashisha muri Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera i Kigali kuva tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025.
Slovenia ni kimwe mu bihugu bifite abakinnyi bakomeye mu gusiganwa ku magare, aho nyuma yo kwemeza ko mu bazayihagararira harimo Tadej Pogačar, yatekereje no kuri Primož Roglič.
Ntabwo harasohoka urutonde rw’abakinnyi bose bazahagararira iki gihugu mu byiciro bitandukanye, ariko amakuru ava mu Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare muri Slovenia (KZS), avuga ko Roglič ari mu bo bazitwaza i Kigali.
Uyu mukinnyi w’imyaka 34, amaze kwegukana amasiganwa atanu mu akomeye akinwa ku Isi, harimo Vuelta a España ribera muri Espagne yatwaye inshuro enye (2019, 2020, 2021 na 2024), n’irya Giro d’Italia mu 2023.
Amaze kwegukana uduce dutatu muri Tour de France, mu myaka itandukanye (2017, 2018, 2020).
Uyu mwaka ntabwo yitabiriye Vuelta a España, dore ko aheruka gukina mu isiganwa rya Clásica San Sebastián na ryo ribera muri Espagne.
Abakinnyi 1000 ni bo bategerejwe muri Shampiyona y’Isi izaba iri gukinirwa muri Afurika bwa mbere, bakazahatana mu byiciro by’abato, abatarengeje imyaka 23 ndetse n’abakuze mu bagore no mu bagabo.
Primož Roglič ni umwe mu bakinnyi bakomeye bazitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare
Primož Roglič azakinira Slovenia muri Shampiyona y’Isi y’Amagare


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *