skol

PSG na Chelsea zirahura ku mukino wanyuma wa Club World Cup

Yanditswe: Sunday 13, Jul 2025

featured-image

Hasigaye amasaha make hakamenyekana ikipe yegukana Igikombe cy’Isi cy’Amakipe cya 2025 na miliyoni zirenga 125$, hagati ya Chelsea na Paris Saint-Germain.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Nyakanga 2025, ni bwo hakinwa umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe cyaberaga mu mijyi itandukanye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umukino wa nyuma wa Chelsea yo mu Bwongereza na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa uraza gukinirwa kuri MetLife Stadium iri mu mujyi wa New Jersey, yakira abafana 82.500.

Chelsea FC ntabwo iri mu makipe yazaga imbere mu yahabwaga amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, ariko yerekanye ko bishoboka nyuma yo gutsinda imikino itanu igatsindwa umwe muri itandatu yarikinnyemo.

Ibi byafashije iyi kipe y’Umutoza Enzo Maresca kugera ku mukino wa nyuma yaherukagaho mu 2021, ari na bwo yegukanye Igikombe cy’Isi cy’Amakipe ifite mu mateka yayo.

Paris Saint-Germain ni yo iri guhabwa amahirwe menshi kuri uyu mukino, kuko imaze gutsinda imikino 13 muri 15 iheruka, ikagira n’amahirwe yo kuba yaregukanye ibikombe byose yahataniye muri uyu mwaka w’imikino wa 2024/25.

Muri ibyo bikombe harimo bitatu by’imbere mu Bufaransa birimo na Shampiyona ya Ligue 1, hakaba na UEFA Champions League yegukanye ku nshuru ya mbere mu mateka, ari na yo yatumye yitabira Igikombe cy’Isi bwa mbere.

Gutsinda Real Madrid yo muri Espagne ibitego 4-0 mu mukino wa ½, byabaye nk’integuza ko ari ikipe ifite intego zo kwegukana Igikombe cy’Isi cy’Amakipe cyabaye ku nshuro ya mbere gihuje amakipe 32.

PSG na Chelsea zimaze guhura inshuro 10 mu mateka yazo kuva mu 2010. Ikipe yo mu Bufaransa yatsinze imikino itatu, Chelsea itsinda ibiri, mu gihe indi itanu yose zanganyije.

Mu mikino itandatu iheruka ya Chelsea ihura n’amakipe y’i Burayi, nta na rimwe irinjiza mu izamu igitgo kirenze kimwe mu minota 90 y’umukino. Gusa mu mikino y’Igikome cy’Isi cy’Amakipe iri gukina ni yo yonyine yateye mu izamu amashoti arenga 100.

Mu mikino irindwi Paris Saint-Germain iheruka gutsinda, itanu muri yo yari yinjije mu izamu ibitego biri hejuru ya bitatu, mu gihe itandatu mu munani iheruka gukina yari iyoboye umukino mu gice cya mbere.

Abakinnyi bo guhanga amaso muri uyu mukino, harimo Umunya-Brésil, João Pedro, wahesheje Chelsea itike y’umukino wa nyuma ari umukino wa mbere ayikiniye.

Hari kandi Umufaransa Ousmane Dembélé, wafashije Paris Saint-Germain mu mikino yose kugeza ku mukino wa nyuma. Muri uyu mwaka w’imikino, uyu mukinnyi yinjize igitego mu makipe atatu akomeye yo mu Bwongereza ari yo Manchester City, Liverpool na Arsenal.

Chelsea ihangayikishijwe n’ubuzima bw’umukinnyi wayo wo mu kibuga hagati, Moisés Caicedo, wagize imvune mu mukino wa ½, mu gihe PSG iza gushaka ibindi bisubizo by’abasimbura Willian Pacho na Lucas Hernández batemerewe gukina uyu mukino kubera amakarita atukura bahawe mu mukino uheruka.

Bitewe n’uko ibihembo biteganyijwe, ikipe itsinda umukino wa nyuma irahabwa miliyoni 40$ ziyongera ku yo yahawe mu mikino itambutse yatsinze. Chelsea niyegukana irushanwa iratahana miliyoni 129,5$, mu gihe PSG icyura miliyoni $147,7.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa