skol

Rayon Sports yasinyishije Mohamed Chelli ukomoka muri Tunisie

Yanditswe: Friday 04, Jul 2025

featured-image

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Umunya-Tunisie, Mohamed Chelli, ukina mu kibuga inyuma ya ba rutahizamu, ku masezerano y’umwaka umwe.

Uyu mukinnyi w’imyaka 24, yashyize umukono ku masezerano kuri uyu wa Kane.
Chelli yageze mu Rwanda ku wa Gatanu, ariko yari ataratangira imyitozo n’abandi nyuma yo kudakozwa ibyo gukora igeragezwa kuko yavuye muri Tunisie azanye n’umutoza Afahmia Lotfi ndetse yaramaze kumvikana n’iyi kipe.

Yakiniye Sfax Railway Sport hagati ya 2018 na 2021 mu gihe yaherukaga muri Océano Club de Kerkennah yo mu Cyiciro cya Kabiri, yakiniye hagati ya 2022 na 2025. Yakiniye kandi Ikipe y’Igihugu ya Tunisia y’Abatarengeje imyaka 23.

Mohamed Chelli yabaye umukinnyi wa gatanu uguzwe na Rayon Sports nyuma y’Umurundi Gloire Tambwe na we ukina mu kibuga hagati, Prince Michel Musore ukina inyuma ibumoso, myugariro Rushema Chris n’Umunye-Congo Tony Kitoga ukina hagati.

By’umwihariko, Chelli azahanganira umwanya n’abarimo Kitoga utarabona ibyangombwa byose, Rukundo Abdul Rahman, Ishimwe Fiston, Adama Bagayogo na Tambwe Gloire.

Biteganyijwe kandi ko Rayon Sports izagura Umurundi Bigirimana Abedi na we ukina kuri uwo mwanya, ariko we akaba ashobora no gukina inyuma yaho ahazwi nko ku munani.

Rayon Sports yaguze Umunya-Tunisia Mohamed Chelli wasinye umwaka umwe

Chelli ukina inyuma ya ba rutahizamu, yasinye umwaka umwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa