skol

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu ukomoka muri Congo

Yanditswe: Wednesday 09, Jul 2025

featured-image

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru yamusinyishije ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu nyuma y’uko yari yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu n’ubundi. Uyu mukinnyi w’imyaka 20 yakiniraga ikipe ya DC Motema Pembe y’iwabo mu myaka ibiri iheruka yatsinzemo ibitego 23 mu mikino 45 yakinnye.
Chadrack Belo Bingi asinyiye Rayon Sports nyuma y’uko ejo Perezida wayo, Twagirayezu Thadee yatangaje ko basigaje gusinyisha abakinnyi batatu barimo na rutahizamu.
Uyu rutahizamu yiyongereye (…)

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru yamusinyishije ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu nyuma y’uko yari yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu n’ubundi. Uyu mukinnyi w’imyaka 20 yakiniraga ikipe ya DC Motema Pembe y’iwabo mu myaka ibiri iheruka yatsinzemo ibitego 23 mu mikino 45 yakinnye.

Chadrack Belo Bingi asinyiye Rayon Sports nyuma y’uko ejo Perezida wayo, Twagirayezu Thadee yatangaje ko basigaje gusinyisha abakinnyi batatu barimo na rutahizamu.

Uyu rutahizamu yiyongereye ku bandi bakinnyi bashya Rayon Sports imaze gusinyisha ari bo Tambwe Gloire, Prince Musore Michel, Mohamed Chelly, Rushema Chris, Tony Kitoga na Mohamed Chelly.

Biravugwa ko kandi iyi kipe ishobora kuba yamaze kumvikana n’umutoza wungirije ukomoka mu Burundi witwa Haruna Feluzi. Uyu niwe ushobora kungiriza Afhamia Lotfi nyuma y’uko undi yari yazanye adafite ibyangombwa bibimwemerera.

Chadrack Belo Bingi yasinyiye Rayon Sports

Chadrack Belo Bingi ni umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa