Real Madrid yatangaje aba Kapiteni 4 bashya yasimbuje Benzema
Yanditswe: Thursday 29, Jun 2023
Mu rwego rwo gutegura umwaka utaha w’imikino ikipe ya Real Madrid yatangaje ba Kapiteni 4 bashya bazifashishwa nyuma y’uko Karim Benzema wari Kapiteni mukuru agiye gukina mu ikipe ya Al Ittihad yo muri Arabia .
Ubuyobozi bushya bw’abakinnyi ba Real Madrid kuri ubu burangajwe imbere na myugariro Nacho Fernandes ,uyu niwe Kapiteni mukuru. Uyu mukinnyi w’imyaka 33 igihe kinini mu buzima bwe nw’umupira w’amaguru amaze kukimara muri Real Madrid.
Yakuriye mu ikipe y’abato ya Real Madrid maze (…)
Mu rwego rwo gutegura umwaka utaha w’imikino ikipe ya Real Madrid yatangaje ba Kapiteni 4 bashya bazifashishwa nyuma y’uko Karim Benzema wari Kapiteni mukuru agiye gukina mu ikipe ya Al Ittihad yo muri Arabia .
Ubuyobozi bushya bw’abakinnyi ba Real Madrid kuri ubu burangajwe imbere na myugariro Nacho Fernandes ,uyu niwe Kapiteni mukuru. Uyu mukinnyi w’imyaka 33 igihe kinini mu buzima bwe nw’umupira w’amaguru amaze kukimara muri Real Madrid.
Yakuriye mu ikipe y’abato ya Real Madrid maze muri 2011 aba aribwo akina umukino wa mbere mu ikipe nkuru,agiye ku nshingano yabonye zikorwa na Iker Casillas, Sergio Ramos, Marcelo na Karim Benzema.
Umwanzuro wa Nacho wo kuguma muri Real Madrid none akaba yanagizwe Kapiteni bishobora gutuma asezerera ruhago muri iyi kipe agahita aba umukinnyi wa mbere bibayeho kuva Manolo Sanchis yabikora muri 2011.
Kapiteni wa 2 uzafatanya na Nacho mu mwaka utaha w’imikino wa 2023-2024 ni Luka Modric. Uyu munya-Croatia yerekanye urukundo ndetse n’umuhate wo gukinira Real Madrid yanga amafaranga yahabwaga n’amakipe yo muri Saudi Arabia muri iyi mpeshyi, biteganyijwe ko imikino Nacho atazajya akina ariko Modric we yabanje mu kibuga ariwe uzajya aba yambaye igitambaro ku kuboko.
Kapiteni wa 3 n’undi mukinnyi nawe uri ku rutonde rw’abakuriye muri Real Madrid,ni myugariro Dani Calvajal. Kapiteni wa 4 ni umudage ukomeye cyane mu kibuga hagati ariwe Toni Kross. Uyu mukinnyi afite uburambe mu kibuga ndetse yewe afite n’ubuhanga bwo kuyobora dore ko avuga n’abakinnyi bagenzi be bakamwumva.
Aba ba Kapiteni bashya bose bazatangira umwaka w’imikino utaha bafite intego yo gutwara igikombe cya Champions League kigahita kiba icya 6 batwaye nk’abakinnyi bakina muri Real Madrid. Ibi bintu byakozwe na Paco Gento gusa muri Real Madrid.
Uyu ni umwaka wa 3 wikurikirana Kapiteni wa mbere ava muri Real Madrid asohoka mu ikipe. Muri 2021 Sergio Ramos yagiye Paris Saint-Germain naho mu mpeshyi yashize Marcelo yagiye muri Olympiakos.
Muri iyi mpeshyi ho Karim Benzema yagiye muri Arabia Saudite akurikiye ibifurumba by’amafaranga.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *