Real Madrid yitambitse ubusabe bwa FC Barcelone bwo gukinira muri Amerika
Yanditswe: Wednesday 13, Aug 2025
Real Madrid yandikiye Ishyirahamwe rya Ruhago i Burayi (UEFA) n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), isaba ko byahagarika ubusabe bwa FC Barcelone yifuzaga kuzakirira umukino wayo na Villarreal CF muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
FC Barcelone iherutse kwandikira Urwego rwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne (LaLiga), isaba ko umukino w’Umunsi wa 17 wa Shampiyona yazawakirira muri Amerika.
Umyobozi Mukuru w’uru rwego, Javier Tebas, yashimangiye ubu busabe akurikije ko bifuza ko irushanwa ryabo rimenyekana ndetse rikarushaho kwinjiza agatubutse.
Mu butumwa Real Madrid yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 12 Kanama 2025, yavuze ko ibigiye gukorwa bihabanye n’amategeko agenga amarushanwa muri Espagne.
Yagize iti “Real Madrid iramenyesha abanyamuryango bayo, abakunzi n’abafana ko yanze igitekerezo cyo kujyana umukino w’Umunsi wa 17 wa Villarreal CF na FC Barcelone hanze ya Espagne.”
“Iki cyemezo gihabanye n’amategeko areba amakipe ari mu irushanwa. Ikindi amarushanwa avuga ko amakipe yombi akina umukino wo mu rugo n’uwo hanze. Hakenewe uburenganzira bungana ku makipe yose. Umukino nuramuka ukinwe bizaba biri kwangiza amahame y’umupira w’amaguru ku Isi.”
Inzego zose zirebwa n’iki kibazo ntabwo ziragira icyo zitangaza ku mwanzuro ntakuka w’uyu mukino uzaba ari uwa mbere muri shampiyona zikomeye ku Isi ubereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri Espagne itaganyijwe gutangira ku Cyumweru, tariki ya 17 Kanama 2025.
FC Barcelone yatangiye guhangana na Real Madrid nubwo Shampiyona itaratangira
FC Barcelone yifuza guhurira na Villareal muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Ubuyobozi bwa Real Madrid ntabwo buvuga rumwe n’ubwa FC Barcelone mu kujyana umukino hanze ya Espagne


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *