Myugariro Rurangwa Mossi wakinaga muri Vision FC, yasubiye muri Police FC yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.
Uyu mukinnyi ni umwe mu bo Vision FC yagenderagaho nubwo yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri.
Police FC iri mu makipe yagannye ku isoko kare, yamwongeyemo aho yasanze abandi bakinnyi yaguze nka Ndayishimiye Dieudonne uzwi nka Nzotanga, Kwitonda Alain Bacca, Gakwaya Leonard, Nsengiyumva Samuel, Emmanuel Okwi n’abandi.
Iyi kipe ya Polisi y’Igihugu iheruka kwegukana irushanwa ryiswe Inkera y’Abahizi, aho yitezweho kuzatanga akazi gakomeye muri Shampiyona uyu mwaka.
Rurangwa Mossi yongeye gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri Police FC
Rurangwa Mossi yasubiye muri Police FC

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *