Umunyezamu w’Umunya-Uganda, Nicolas Sebwato, yongereye amasezerano y’umwaka umwe mu Ikipe ya Mukura Victory Sports.
Sebwato yitozanyaga n’iyi kipe y’i Huye bumvikanye, ariko nta masezerano yari afite kuko ayo yari asanganywe yarangiranye n’umwaka w’imikino wa 2024/25.
Uyu Munya-Uganda yavugwaga kandi muri APR FC, ariko mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE ku wa Gatatu, yabiteye utwatsi avuga ko atari byo.
Ubuyobozi bwa Mukura VS bwemereye IGIHE ko ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 28 Kanama 2025, ari bwo uyu munyezamu yemeye gusinya amasezerano y’umwaka umwe.
Uwaduhaye amakuru yagize ati “Byasaga n’ibyarangiye, haburaga akadomo. Yari asanzwe yitozanya natwe.”
Sebwato akinira Mukura VS kuva mu 2021, aho yabanje gusinya amasezerano y’imyaka ibiri, arangiye asinya andi y’imyaka ibiri mu 2023.
Ni we watowe nk’umunyezamu mwiza wa Shampiyona ya 2024/25 mu Rwanda, ahigitse Pavelh Ndzila wakinirga APR FC na Khadime Ndiaye wakiniraga Rayon Sports.
Andi makipe yakiniye ni Villa SC, Onduparaka FC na Bright Stars FC z’iwabo muri Uganda ndetse na Sofapaka FC yo muri Kenya.
Sebwato yasinye mu gihe Mukura VS yari igeze kure ibiganiro n’umunyezamu w’Umunya-Sénégal, Marc Philips Arona Diouf, aho impande zombi zari zamaze kumvikana iby’ibanze.
Nicolas Sebwato yemeye gukinira Mukura VS undi mwaka umwe
Sebwato yabaye umunyezamu w’umwaka w’imikino wa 2024/25 mu Rwanda

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *