Umunya-Espagne, Sergio Busquets, yatangaje ko agiye guhagarika gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, akazashyira mu bikorwa iki cyemezo nyuma y’umwaka w’imikino muri Inter Miami.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Nzeri 2025, ni bwo uyu mukinnyi yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, abwira abakunzi be ko igihe kigeze ngo abasezereho mu kibuga.
Sergio Busquets yifashishije amashusho ashimira amakipe yanyuzemo by’umwihariko FC Barcelone, Ikipe y’Igihugu ya Espagne ndetse na Inter Miami akinira ubu.
Yagize ati “Muraho mwese, ndumva igihe kigeze ngo nsezere ku rugndo rwanjye mu mupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga. Yari imyaka 20 yo kuryoherwa n’ubuzima bw’amateka y’umupira w’amaguru nahoze ndota. Umupira w’amaguru wampaye byose nifuzaga, ungeza ahantu hakomeye.”
“Mfite byinshi ntazibagirwa kuva mu bwana nyura muri FC Barcelone. Warakoze FC Barcelone, ikipe y’ubuzima bwanjye. Kubera wowe nishimiye ubuto bwanjye, nambara umwenda narose kuva kera. Mu mikino amagana twatwaye ibikombe, dukorera Camp Nou ibitazamva mu mutwe. Ibyo kandi ni ko bimeze ku ikipe y’igihugu.”
Uyu mukinnyi yongeyeho ko ashimira abatoza, umuryango we n’abandi bose bamubaye hafi mu rugendo rw’umupira w’amaguru yandikiyemo amateka atandukanye.
Busquets ugiye guhagarika gukina ku myaka 37 yamenyekanye cyane muri FC Barcelone yamazemo imyaka 18, ayifasha kwegukana ibikombe birenga 30 birimo icyenda bya Shampiyona ya Espagne.
Hari kandi ibikombe birindwi bya Copa del Rey, birindwi bya Supercopa de España, bitatu bya UEFA Champions League, bitatu bya UEFA Super Cup n’ibindi bitatu bya UEFA Super Cup.
Muri Inter Miami yatwaye Leagues Cup mu 2023 na Supporters’ Shield mu 2024.
Umupira w’amaguru watumye ahabwa ibihembo bya Prince of Asturias Awards bihabwa indashyikirwa mu bikorwa bitandukanye muri Espagne, anahabwa umudali wa Gold Medal of the Royal Order of Sporting Merit uhabwa umukinnyi umu-sportifs wagiriye akamaro umukino.
Sergio Busquets agiye guhagarikira gukina muri Inter Miami
Sergio Busquets yatangaje ko agiye gusezera umupira w’amaguru
Sergio Busquets yandikanye amateka na FC Barcelone
Sergio Busquets yafatanyije na Espagne kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2010


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *