skol

Thomas Partey yahaye urw’amenyo ikipe ya Manchester United

Yanditswe: Tuesday 04, Apr 2023

featured-image

Umukinnyi Thomas Partey ukina hagati mu ikipe ya Arsenal yatumye benshi bacika ururondogoro nyuma yo kwibasira Man United iheruka gutsindwa ibitego 2-0 na Newcastle ku cyumweru.
Uyu munya Ghana yahamagariye abafana kumufasha bakishimira gutsindwa kwa Man United ndetse ibi byashimishije abafana ba Arsenal ariko birakaza aba United bakiri mu gahinda.
Arsenal imaze imikino irindwi yikurikiranya itsinda muri Premier League ndetse ikomeje kurinda ikinyuranyo cy’amanota 8 irusha Man City (…)

Umukinnyi Thomas Partey ukina hagati mu ikipe ya Arsenal yatumye benshi bacika ururondogoro nyuma yo kwibasira Man United iheruka gutsindwa ibitego 2-0 na Newcastle ku cyumweru.

Uyu munya Ghana yahamagariye abafana kumufasha bakishimira gutsindwa kwa Man United ndetse ibi byashimishije abafana ba Arsenal ariko birakaza aba United bakiri mu gahinda.

Arsenal imaze imikino irindwi yikurikiranya itsinda muri Premier League ndetse ikomeje kurinda ikinyuranyo cy’amanota 8 irusha Man City bahanganiye igikombe.

Partey yasabwe n’umunyamakuru w’Umunya Ghana,Nana Aba Anamoah, baganiraga ndetse banasangira kugira ubutumwa aha abafana ba Arsenal arangije abasaba kumufasha kwishimira gutsindwa kwa United.

Uyu byari byitezwe ko abasaba gushyigikira ikipe yabo ariko yagize ati "Mwifatanye mu kwishimira gutsindwa kwa Man United."

Uyu munyamakuru yatunguwe n’iki gisubizo cya Thomas Partey wagaragaje imbaraga zidasanzwe muri uyu mwaka w’imikino

Arsenal ifite akazi gakomeye ku Cyumweru kuko aribwo izasura Liverpool itajya iyorohera iyo bahuriye ku kibuga Anfield.

Ku rundi ruhande Man United iri mu rugamba rwo gushaka uko yabona umwanya wo kuzakina Champions League umwaka utaha kuko ihanganye na Newcastle ya gatatu na Tottenham.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa