Twabaguze bahembwa ibihumbi 100 Frw gusa ! Perezida wa Kiyovu avuga kuri 17 baheruka kwirukana yise abagambanyi
Yanditswe: Monday 03, Jul 2023
Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Spots ivugwamo impinduka nyinshi zatumye hanasezererwa bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza ,Perezida wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, yashyize umucyo kuri iki kibazo ndetse anashimangira ko bose bari abagambanyi.
Ibi byatangarijwe mu kiganiro cyabaye nyuma yo gusubika Inteko Rusange y’Abanyamuryango ba Kiyovu Sports, yagombaga kuba kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Nyakanga 2023, ariko igasubikwa kubera basanze umubare ugenwa n’itegeko bayitabira (…)
Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Spots ivugwamo impinduka nyinshi zatumye hanasezererwa bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza ,Perezida wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, yashyize umucyo kuri iki kibazo ndetse anashimangira ko bose bari abagambanyi.
Ibi byatangarijwe mu kiganiro cyabaye nyuma yo gusubika Inteko Rusange y’Abanyamuryango ba Kiyovu Sports, yagombaga kuba kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Nyakanga 2023, ariko igasubikwa kubera basanze umubare ugenwa n’itegeko bayitabira utuzuye.
Abanyamuryango ba Kiyovu Sports bemeranyije kujya bavugisha ukuri ku bivugwa mu ikipe kugira ngo n’amakosa akunda kubaho agabanuke, hafatwe n’ibihano ku bakoze ibihabanye n’amategeko.
Nyuma yo gusasa inzobe Perezida w’umuryango wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, yavuze ko nta cyo guhisha gihari, benshi mu bakinnyi basezerewe bagambaniye ikipe.
Ati “Bari bakinnyi baje muri Kiyovu Sports badakomeye. Twabaguze bahembwa ibihumbi 100 Frw gusa, bavuye muri Kiyovu bageze kuri miliyoni 1 Frw. Twabatanzeho miliyoni 10 Frw badusinyira imyaka ibiri bakiza, tubongera undi mwaka kuri miliyoni 10 Frw.”
“Bagiye bari gusaba miliyoni 40 Frw buri wese ngo bongere amasezerano. Niba baramenyekaniye muri Kiyovu ntacyo bivuze. Uwakugambaniye nta gihombo wagira cyo gutandukana na we. 90% bya bariya bakinnyi bose twatandukanye na bo, bari abagambanyi.”
Yongeyeho kugira ngo Urucaca rukomeze guhatana nk’uko rumaze iminsi rubigenza, biri mu bushobozi bw’abanyamuryango no mu cyizere bagirira Perezida wa Kiyovu Sports Campany, Mvukiyehe Juvénal.
Ati “Mu mahitamo yanyu muzakora mu nteko rusange izaba ubutaha, niba ari meza muzongera mubone Kiyovu ikomeye. Ndabizi akunda guhangana, ntiyakwemera ko igenda gutyo, azashaka abandi bakinnyi kandi bakomeye.”
Iyi kipe yatandukanye na Erisa Ssekisambu, Bigirimana Abedi, Nshimirimana Ismaël Pichu, Ndayishimiye Thierry, Bizimana Amissi, Mugenzi Bienvenu, Serumogo Ally Omar, umutoza Mateso Jean de Dieu, Alain-André Landeut na Dabo Seydou.
Urucaca rushobora gusezerera abandi bakinnyi barimo umunyezamu Kimenyi Yves, Nkinzingabo Fiston, Nzeyurwanda Djihad, Iradukunda Bertrand ndetse na Benedata Janvier.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *