skol

U Bwongereza: Umukinnyi yahagaritswe imikino irindwi kubera gufata ibitsina by’abo bahanganye

Yanditswe: Wednesday 14, Jan 2026

featured-image

Kapiteni w’Ikipe ya Swindon Town yo mu Cyiciro cya Kane mu Bwongereza, Ollie Clarke, yahagaritswe imikino irindwi nyuma yo gufata imyanya y’ibanga y’abakinnyi babiri bari bahanganye mu mukino.

Uyu mukinnyi w’imyaka 33 yaciwe kandi Amapawundi 2.750 (miliyoni 5,4 Frw) nyuma yo kwemera ibirego bibiri by’imyitwarire idakwiye yashinjwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA).

Ibi byabaye ku munota 57 n’uwa 94 mu mukino wa Carabao Cup, Swindon Town yatsinzwemo na Cardiff City ku wa 12 Kanama 2025.

Mu mpamvu zagaragajwe zashingiweho ahagarikwa, mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa Mbere, Komisiyo yigenga ya FA yavuze ko ibyakozwe na Clarke byagize uburemere bitewe n’uko byabaye inshuro ebyiri zitandukanye mu minota 37 y’umukino umwe.

Itangazo rivuga ko umukinnyi waregeye umusifuzi ibyamubayeho umukino urangiye “yari ababaye bigaragara” ndetse “yari yarenzwe n’ikiniga ku buryo yagowe no kuvuga.”

Ikipe ya Swidon Town yavuze ko Clarke nta kosa yakoze, ahubwo yemeye amakosa kuko nta bushake yabikoranye.

Iti “Ikipe ikomeje gushyigikira Ollie kandi izakomeza no kubikora mu gihe kiri imbere.”

Komisiyo ya FA yo yashimangiye ko bitumvikana uburyo uyu mukinnyi yafashe imyanya y’ibanga ya bagenzi be kandi umukino utari kugenda.

Clarke aheruka gukinira ikipe ye ku wa 13 Ukuboza 2025, ndetse kuri ubu asigaranye imikino itatu ku bihano yahawe.

Kapiteni w’Ikipe ya Swindon Town, Ollie Clarke, yahagaritswe imikino irindwi kubera gufata ibitsina by’abandi bakinnyi bari bahanganye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa