skol

UEFA Conference League: Zira FK ya Mutsinzi Ange yatsikiye mu ijonjora rya mbere

Yanditswe: Thursday 24, Jul 2025

featured-image

Zira FK yo mu Cyiciro cya Mbere muri Azerbaijan ikinamo myugariro Mutsinzi Ange, yanganyije na HNK Hajduk Split yo muri Croatia igitego 1-1, mu mukino w’ijonjora rya mbere ryo gushaka itike ya UEFA Conference League.

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 23 Nyakanga 2025, ni bwo hakinwe imikino y’amajonjora yo gukina amatsinda ya UEFA Conference League.

Zira FK yari yakiriye HNK Hajduk Split ku kibuga cyayo cya Neftci Arena giherereye mu Mujyi wa Baku, ikaba yasabwaga kwitwara neza kugira ngo yizere intsinzi.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Zira FK ifite igitego kimwe cyabonetse ku munota wa 31 gitsinzwe na Brahim Konate ukina mu kibuga hagati, ariko ku mu gice cya kabiri cyishyurwa gitsinzwe na Anthony Kalik, ku munota wa 68.

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Mutsinzi Ange, yabanje mu kibuga muri uyu mukino warangiye ari igitego 1-1, gusa ntiyawurangiza kuko yasimbujwe mugenzi we Stephane Acka ku munota wa 87.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe kubera muri Croatia mu cyumweru gitaha, tariki ya 31 Nyakanga 2025. Izawutsinda izahura n’izava hagati ya Atlètic Club d’Escaldes yo muri Andorra na FC Dinamo City yo muri Albania.

Mu mwaka ushize Zira FK yabuze itike ya UEFA Europa League na UEFA Conference League nyuma yo gusezererwa mu majonjora y’amarushanwa yombi.

Abakinnyi 11 Zira FK yabanje mu kibuga barimo Mutsinzi Ange

Zira FK yananiwe kurinda igitego cyayo yari yabonye mu gice cya mbere

Brahim Konate ni we watsinze igitego cya Zira FK

Mutsinzi Ange yahagaze neza mu bwugarizi bw’ikipe ye mu gice cya mbere

Zira FK yanganyije na HNK Hajduk Split mu mukino ubanza w’injonjora rya mbere rya UEFA Conference League

Zira FK itegereje amahirwe mu mukino wo kwishyura izakinira hanze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa