Nyuma yo gufasha Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, bamwe mu bakinnyi bayo bahise bakomereza mu bihugu basanzwe bakiniramo kugira ngo bafashe amakipe yabo mu mikino y’amarushanwa atandukanye.
Tugiye kurebera hamwe uko bamwe muri bo bitwaye mu mpera z’icyumweru gishize, bibashyira mu mwanya mwiza wo kwitegura kuzongera gufasha igihugu mu mikino yo mu cyumweru gitaha.
El-Merreikh Bentiu yo muri Sudani y’Epfo ikinamo Ishimwe Saleh, yakinnye umukino wa mbere wa Shampiyona, inyagira Lion Hunters FC ibitego 10-1, biyibera imyiteguro myiza yo ku mukino ifite mu cyumweru gitaha uzayihuza na Azam FC muri CAF Confederation Cup.
Ni mu gihe kandi Jamus SC yo muri icyo gihugu ikinamo Muhire Kevin, yakinnye umukino wa gicuti witegura CAF Champions League uzayihuza na Al Hilal S.C yo muri Sudani.
Ni umukino wayihuje na FSFA-Future Stars Football Academy ukinirwa kuri Juba National Stadium, ndetse ikipe y’uyu mukinnyi wo mu kibuga hagati itsinda ibitego 4-0.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Nzeri 2025, Mugisha Bonheur ukinira AL Masry yo mu Misiri na bagenzi be, batsinzwe na Zamalek ibitego 3-0 mu mukino w’Umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, ntiyabanje mu kibuga, ahubwo yagiyemo asimbuye Ahmed Ali ku munota wa 62 w’umukino.
Ishimwe Anicet ukina nka rutahizamu unyuze mu mpande, ntiyatoranyijwe mu bakinnyi bitabajwe mu mukino Olympique Beja akinira yo muri Tunisia yatsindiwemo na Soliman igitego 1-0.
Iyi kipe ntabwo iratsinda umukino n’umwe kuva Shampiyona ya Tunisia igeze ku Munsi wa Gatanu yatangira.
Muri iyi Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Tunisia ni ho rutahizamu Nshuti Innocent akina muri Espérance Sportive de Zarzis. Mu cyumweru gishize yafatanyije n’ikipe ye kubona amanota atatu ku gitego 1-0, batsinda AS Gabes. Nshuti ntiyabanje mu kibuga, ahubwo yinjiyemo asimbura ku munota wa 57.
Rutahizamu Gitego Arthur ukinira FUS Rabat yo muri Maroc, ntabwo ari mu bakinnyi bifashishijwe ubwo yatsindwaga na Raja Casablanca ibitego 2-0 mu mukino ufungura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere.
Hakim Sahabo ukina muri Standard de Liège iri mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi, yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa kabiri kuri 90 y’inyongera, abona n’ikarita y’umuhondo ubwo iyi kipe yanganyaga na KV Mechelen igitego 1-1.
Ni inshuro ya kane yikurikiranya iyi kipe itakaje amanota atatu, bituma ijya ku mwanya wa 12 ku rutonde rwa Shampiyona igeze ku Munsi wa Karindwi.
RAAL La Louvière na yo ikina muri iyi Shampiyona yatsinze Club Brugge KV igitego 1-0, mu mukino wagaragayemo Umunyarwanda Samuel Gueulette winjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 84.
Al Ahli Tripoli ya Manzi Thierry na Bizimana Djihad iri kwitegura gukina na Unicaja yo muri Espagne mu irushanwa rya FIFA Intercontinental Cup, rihuza amakipe yo ku migabane itandukanye.
Zire FK ikinamo Mutsinzi Ange muri Azerbaijan yanganyije na Qarabag igitego 1-1, mu mukino w’Umunsi wayo wa Kane wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere. Uyu myugariro yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 78.
Rhode Island ikinamo Kwizera Jojea yatsinze Indy Eleven igitego 1-0, mu mukino wa Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Birmingham Legion ikinamo mugenzi we Phanuel Kavita, na yo iri kwitegura guhura na Tampa Bay mu mukino uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 17 Nzeri 2025.
Abakinnyi bazitwara neza muri iyi minsi, bazagira amahirwe yo kongera guhagararira u Rwanda mu mikino iteganyijwe mu Ukwakira 2025, irimo uzayihuza na Bénin na Afurika y’Epfo mu gukomeza gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Abanyarwanda ntibabonye umwanya wo gukina uhagije mu mpera z’icyumweru
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *