Umusifuzi wanze igitego cya APR FC ku mukino na Al Merrikh yahanwe
Yanditswe: Tuesday 20, Jan 2026
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda,FERWAFA,ryahanishje Umusifuzi wanze igitego cya APR FC ikina na Al Merrikh kumara imikino ine adasifura.
Ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama 2026 ni bwo APR FC yari yakiriye Al-Merrikh SC mu mukino wo ku munsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda muri Stade Amahoro.
Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya 0-0 ariko ku munota wa 88 ikipe y’Ingabo z’igihugu yari yatsinze igitego cyari cyinjijwe na Dauda Yussif ari inyuma y’urubuga rw’amahina kure gusa Umusifuzi wo ku ruhande acyanga avuga ko habayemo kurarira.
Nyuma y’ibi abafana ba APR FC bagaragaje ukutishimira imisifurire bikomeye bivuye kuri iki gitego cyabo cyanzwe ariko n’ubuyobozi bwahise butanga ikirego bwerekana ko bwarenganyijwe.
Kuri ubu FERWAFA yatangaje ibi byakozwe n’uyu musifuzi wa kabiri wo ku ruhande ari ikosa rikomeye bitewe n’uko iki gitego cyanzwe hashingiwe ku cyemezo kitari cyo cy’uko habayeho kurarira.
Iri shyirahamwe ryavuze ko kubera iri kosa Komisiyo y’imisifurire yafatiye ibihano Jabo Aristote guhagarikwa gusifura imikino ine. FERWAFA yavuze ko izakomeza guharanira ubutabera, ubunyangamugayo n’izamuka ry’ireme ry’imisifurire ry’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *