skol

Umutoza wa PSG yasobanuye uko abona umukino afitanye na Real Madrid

Yanditswe: Wednesday 09, Jul 2025

featured-image

Umutoza wa Paris Saint-Germain, Luis Enrique, yavuze ko umukino wa ½ cy’irangiza uhuza PSG na Real Madrid kuri uyu wa Gatatu udasanzwe, ariko yanze kugira icyo avuga ku mubano kuri Kylian Mbappé, ugiye kongera guhura na bagenzi be ba PSG nyuma yo kwerekeza muri Real Madrid.

Yagize ati: "Gukina na Real Madrid buri gihe ni umukino udasanzwe. Turishimye kuba tugiye gukina umukino nk’uyu kuko bivuze ko kugeza ubu twitwaye neza."

PSG yageze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ikipe iherutse gutwara UEFA Champions League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, mu gihe cy’umwaka wakurikiye isohoka rya Mbappé werekeje muri Real Madrid.

Luis Enrique yatoje Mbappé mu mwaka we wa nyuma i Paris, umwaka wavuzwemo ibibazo byinshi, aho Mbappé yigeze gusigara hanze y’ikipe kubera kwanga kongera amasezerano, ndetse nyuma akinishwa gake nyuma yo gutangaza ko agiye kugenda.

Yakomeje agira ati: "Ibyo byose byarangiye, ni amateka twasize inyuma. Ibintu byinshi bituma uyu mukino uba udasanzwe. Ni umukino wa ½ cy’irangiza mu Gikombe cy’Isi cy’Amakipe, ibyo ubwabyo birahagije kugira ngo tube maso kandi twitegure neza. Turabura intambwe imwe ngo tugere ku mukino wa nyuma, ibyo ubwabyo biraduha imbaraga,"

PSG irakina uyu mukino idafite abakinnyi babiri b’inyuma Willian Pacho na Lucas Hernandez, bahawe amakarita atukura mu mukino wa ¼ batsinzemo Bayern Munich.

Mu gihe PSG ishaka kurangiza umwaka wayo inatwaye igikombe cy’isi, Real Madrid yo iri gutangira igice gishya mu mateka yayo itozwa na Xabi Alonso. Enrique yakomeje agira ati: "Biragoye cyane gusobanura Real Madrid kuko Xabi Alonso agitangira akazi ke aho."

Luis Enrique yavuze ko nawe yigeze gukinira Real Madrid mu myaka ya 1990 nubwo azwi cyane mu mateka ya FC Barcelona. Ati: "Njye gukina na Real Madrid byampaye ishema kandi bizakomeza kumbera iby’agaciro. Ni ikipe ifite ibikombe byinshi kurusha izindi ku isi, kandi Xabi afite ubushobozi bwo guhangana n’izi nshingano."

Ikipe iza gutsinda umukino wa ½ hagati ya PSG na Real Madrid izahura na Chelsea ku Cyumweru, nyuma y’uko iyi kipe yo mu Bwongereza isezereye Fluminense ku bitego 2-0.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa