Uwahoze ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Uwacu Jean Bosco, kuri ubu wari Umutoza Wungirije w’Ikipe ya Sunrise FC ikina mu Cyiciro cya Kabiri, yitabye Imana azize uburwayi.
Ni inkuru yatangiye kumenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Mutarama 2026, aho yatangajwe n’abo mu muryango we ndetse na bamwe mu bayobozi ba Sunrise FC.
Mu butumwa Ikipe ya Sunrise FC yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yagize iti “Tubabajwe n’urupfu rw’uwari umutoza wacu wungirije, Uwacu Jean Bosco, wabaye umutoza wacu kuva ku wa 23 Kamena 2023 kugeza 2026. Twifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe by’akababaro.’’
Uwacu Jean Bosco yamenyekanye cyane muri ruhago nyarwanda mu myaka myinshi itambutse nyuma yo gukinira ikipe y’Igihugu Amavubi n’andi makipe atandukanye arimo Etincelles, APR FC, Atraco FC, Police FC.
Nyuma yo gusoza ruhago, yinjiye mu butoza aho kuva muri Kamena 2023 yari umutoza wungirije mu Ikipe ya Sunrise FC.
Uwacu Jean Bosco (hagati) wari Umutoza Wungirije muri Sunrise FC, yitabye Imana
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *