skol

Viktor Gyökeres yaba yabonye ishusho ya nyayo ya English Premier League?

Yanditswe: Monday 18, Aug 2025

featured-image

Nyuma yo kugurwa akayabo, abakunzi ba Arsenal bari babukereye bagiye kurebe uko Viktor Gyökeres atsinda Manchester United nk’uko yari asanzwe abigenza muri Portugal. Gusa si ko byagenze kuko uyu mukinnyi yaje kuvanwa mu kibuga ari mu bafite amanota macye.

Umusore ukomoka muri Suwede, Viktor Gyökeres, uheruka kugurwa na Arsenal miliyoni £63.5 akuwe muri Sporting Lisbon, ntiyabashije kwigaragaza mu mukino wa mbere muri Premier League, ubwo Arsenal yatsindaga Manchester United igitego 1-0 kuri Old Trafford.

Gyökeres ntiyigeze atera ishoti na rimwe mu izamu, ibintu byatumye abakunzi b’Arsenal bagira impungenge ku buryo azafasha iyi kipe guhatanira igikombe cya shampiyona.

Nubwo yagerageje gukora cyane no kugerageza kwinjira mu bwugarizi bwa United, ntiyigeze ahabwa imipira myinshi kandi ntiyashoboye kubyaza umusaruro amahirwe make yabonaga. Mu mikino ya mbere ya pre-season, by’umwihariko mu mukino batsinzemo Athletic Bilbao, Gyökeres yagaragaje ubushobozi, ariko kuri Old Trafford ntiyigeze agaragaza impinduka.

Imibare igaragaza ko uyu rutahizamu w’imyaka 27 mu mukino wa Arsenal na Man United yabashije gukina neza imipira itatu gusa mu gihe imipira 10 yananiwe kuyikina neza. Yanatanze imipira ine gusa ku bakinnyi bagenzi be, ndetse anatakaza umupira inshuro eshanu.

Si Gyökeres gusa utitwaye neza. Martin Zubimendi, wavuye muri Real Sociedad, nawe yagowe cyane n’umuvuduko wa Premier League, ananirwa kurinda ubwugarizi bwe. Isomo rya Premier League yaritangiye mu minota ya mbere ubwo Bryan Mbuemo yamukubitaga mu maso, maze akagerageza gushaka coup franc ariko umusifuzi Simon Hooper ntabihe agaciro.

N’ubwo abakinnyi bashya bagowe n’umukino wa mbere wa English Premier League, Arsenal ikomeje kuba ikipe ikomeye mu kubyaza umusaruro imipira y’imiterekano. Kuva mu 2023/24, bamaze gutsinda ibitego 31 ku mipira y’imiterekano (corners), ari byo byinshi kurusha andi makipe yose. Igitego cyabonetse kuri Old Trafford cyatsinzwe na Riccardo Calafiori.
Viktor Gyokeres mu bakinnyi bitwaye nabi ku mukino wa Arsenal na Man United
Viktor Gyökeres yaba yabonye ishusho ya nyayo ya English Premier League?
Nyuma yo kugurwa akayabo, abakunzi ba Arsenal bari babukereye bagiye kurebe uko Viktor Gyökeres atsinda Manchester United nk’uko yari asanzwe abigenza muri Portugal. Gusa si ko byagenze kuko uyu mukinnyi yaje kuvanwa mu kibuga ari mu bafite amanota macye.
Umusore ukomoka muri Suwede, Viktor Gyökeres, uheruka kugurwa na Arsenal miliyoni £63.5 akuwe muri Sporting Lisbon, ntiyabashije kwigaragaza mu mukino wa mbere muri Premier League, ubwo Arsenal yatsindaga Manchester United igitego 1-0 kuri Old Trafford.

Gyökeres ntiyigeze atera ishoti na rimwe mu izamu, ibintu byatumye abakunzi b’Arsenal bagira impungenge ku buryo azafasha iyi kipe guhatanira igikombe cya shampiyona.

Nubwo yagerageje gukora cyane no kugerageza kwinjira mu bwugarizi bwa United, ntiyigeze ahabwa imipira myinshi kandi ntiyashoboye kubyaza umusaruro amahirwe make yabonaga. Mu mikino ya mbere ya pre-season, by’umwihariko mu mukino batsinzemo Athletic Bilbao, Gyökeres yagaragaje ubushobozi, ariko kuri Old Trafford ntiyigeze agaragaza impinduka.

Imibare igaragaza ko uyu rutahizamu w’imyaka 27 mu mukino wa Arsenal na Man United yabashije gukina neza imipira itatu gusa mu gihe imipira 10 yananiwe kuyikina neza. Yanatanze imipira ine gusa ku bakinnyi bagenzi be, ndetse anatakaza umupira inshuro eshanu.

Si Gyökeres gusa utitwaye neza. Martin Zubimendi, wavuye muri Real Sociedad, nawe yagowe cyane n’umuvuduko wa Premier League, ananirwa kurinda ubwugarizi bwe. Isomo rya Premier League yaritangiye mu minota ya mbere ubwo Bryan Mbuemo yamukubitaga mu maso, maze akagerageza gushaka coup franc ariko umusifuzi Simon Hooper ntabihe agaciro.

N’ubwo abakinnyi bashya bagowe n’umukino wa mbere wa English Premier League, Arsenal ikomeje kuba ikipe ikomeye mu kubyaza umusaruro imipira y’imiterekano. Kuva mu 2023/24, bamaze gutsinda ibitego 31 ku mipira y’imiterekano (corners), ari byo byinshi kurusha andi makipe yose. Igitego cyabonetse kuri Old Trafford cyatsinzwe na Riccardo Calafiori.
Viktor Gyokeres mu bakinnyi bitwaye nabi ku mukino wa Arsenal na Man United
Viktor Gyökeres yaba yabonye ishusho ya nyayo ya English Premier League?
Nyuma yo kugurwa akayabo, abakunzi ba Arsenal bari babukereye bagiye kurebe uko Viktor Gyökeres atsinda Manchester United nk’uko yari asanzwe abigenza muri Portugal. Gusa si ko byagenze kuko uyu mukinnyi yaje kuvanwa mu kibuga ari mu bafite amanota macye.
Umusore ukomoka muri Suwede, Viktor Gyökeres, uheruka kugurwa na Arsenal miliyoni £63.5 akuwe muri Sporting Lisbon, ntiyabashije kwigaragaza mu mukino wa mbere muri Premier League, ubwo Arsenal yatsindaga Manchester United igitego 1-0 kuri Old Trafford.

Gyökeres ntiyigeze atera ishoti na rimwe mu izamu, ibintu byatumye abakunzi b’Arsenal bagira impungenge ku buryo azafasha iyi kipe guhatanira igikombe cya shampiyona.

Nubwo yagerageje gukora cyane no kugerageza kwinjira mu bwugarizi bwa United, ntiyigeze ahabwa imipira myinshi kandi ntiyashoboye kubyaza umusaruro amahirwe make yabonaga. Mu mikino ya mbere ya pre-season, by’umwihariko mu mukino batsinzemo Athletic Bilbao, Gyökeres yagaragaje ubushobozi, ariko kuri Old Trafford ntiyigeze agaragaza impinduka.

Imibare igaragaza ko uyu rutahizamu w’imyaka 27 mu mukino wa Arsenal na Man United yabashije gukina neza imipira itatu gusa mu gihe imipira 10 yananiwe kuyikina neza. Yanatanze imipira ine gusa ku bakinnyi bagenzi be, ndetse anatakaza umupira inshuro eshanu.

Si Gyökeres gusa utitwaye neza. Martin Zubimendi, wavuye muri Real Sociedad, nawe yagowe cyane n’umuvuduko wa Premier League, ananirwa kurinda ubwugarizi bwe. Isomo rya Premier League yaritangiye mu minota ya mbere ubwo Bryan Mbuemo yamukubitaga mu maso, maze akagerageza gushaka coup franc ariko umusifuzi Simon Hooper ntabihe agaciro.

N’ubwo abakinnyi bashya bagowe n’umukino wa mbere wa English Premier League, Arsenal ikomeje kuba ikipe ikomeye mu kubyaza umusaruro imipira y’imiterekano. Kuva mu 2023/24, bamaze gutsinda ibitego 31 ku mipira y’imiterekano (corners), ari byo byinshi kurusha andi makipe yose. Igitego cyabonetse kuri Old Trafford cyatsinzwe na Riccardo Calafiori.

Viktor Gyokeres mu bakinnyi bitwaye nabi ku mukino wa Arsenal na Man United

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa