Witakenge yatangaje aho Rayon Sports ikwiye kongera ingufu mu kibuga
Yanditswe: Wednesday 10, Jan 2018
Umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sports Jannot Witakenge yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports ikomeye mu yindi myanya,ariko ifite byinshi byo gukora mu busatirizi bwayo abona buri hasi cyane. Uyu mutoza w’umukongomani uherutse gutangazwa nk’umutoza mushya wungirije muri Rayon Sports usimbura Katauti,yabwiye abanyamakuru nyuma y’imyitozo yo ku wa mbere taliki ya 08 Mutarama 2018 ko mu gihe gito yarebye Rayon Sports,yakunze abakinnyi ifite inyuma no hagati,ariko yagaye ba rutahizamu bayo (…)
Umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sports Jannot Witakenge yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports ikomeye mu yindi myanya,ariko ifite byinshi byo gukora mu busatirizi bwayo abona buri hasi cyane.
Uyu mutoza w’umukongomani uherutse gutangazwa nk’umutoza mushya wungirije muri Rayon Sports usimbura Katauti,yabwiye abanyamakuru nyuma y’imyitozo yo ku wa mbere taliki ya 08 Mutarama 2018 ko mu gihe gito yarebye Rayon Sports,yakunze abakinnyi ifite inyuma no hagati,ariko yagaye ba rutahizamu bayo bari ku rwego rwo hasi.
Yagize ati “ Narebye Rayon Sports ikina na Mukura VS,n’ikipe nziza, ifite abakinnyi beza inyuma , no hagati ariko ku bataha izamu niho harimo ibibazo bike bike ariko tugiye kuhakomeza mbere yo kongera gukina Shampiyona na Champions League.
Witakenge yavuze ko kubera amarushanwa akomeey bafite, bari gushyira imbaraga mu gukora ikipe ikomeye izabasha guhangana n’ibigugu bitandukanye birimo na Mamelodi Sundowns bashobora guhura baramutse basezereye Lydia Ludic Academic yo mu Burundi mu mikino ya CAF Champions League.
Witakenge yasezerewe na Muungano FC yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo mu kwezi kwa Gicurasi umwaka ushize gusa yagizwe umutoza wungirije muri Rayon Sports mu minsi mike ishize aho yatangiye akazi ku wa mbere.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *