skol

Zabyaye amahari hagati ya Aliou Cissé n’Ikipe y’Igihugu ya Libya

Yanditswe: Thursday 17, Jul 2025

featured-image

Aliou Cissé umaze amezi ane atangajwe nk’umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu ya Libya, ashobora gutandukana na yo hadaciye kabiri, nyuma y’uko iyi kipe itaramuhemba ukwezi na kumwe kuva yayigeramo.

Muri Werurwe 2025, ni bwo Cissé yahawe akazi ko gutoza Ikipe y’Igihugu ya Libya, nyuma yo gutandukana na Sénégal yari amazemo imyaka icyenda.

Uyu Munya-Sénégal akimara guhabwa akazi muri iki gihugu cyo mu Majyaruguru ya Afurika, yumvikanye na cyo ko kizajya kimuha ibihumbi 76€ ku kwezi (asaga miliyoni 130 Frw) akazatoza kugeza mu 2027.

Yatoje imikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho yakinnye na Angola anganya na yo igitego 1-1, anatsindwa na Cameroun ibitego 3-1.

Nubwo yatakaje imikino yari kumwongerera icyizere cyo kuzakina irushanwa ry’Igikombe cy’Isi, ntabwo akazi yakoze yigeze agahemberwa, bityo yifuza gutandukana na yo nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Afrik-Foot.

Aliou Cissé ni umwe mu bafite ibigwi kuko ari we wegukanye Igikombe cya Afurika cya 2022.

Aliou Cissé agiye gutandukana na Libya hadaciye kabiri nyuma yo kutamwishyura ukwezi na kumwe kuva yayigeramo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa