Zone V: U Rwanda ntirwahiriwe n’umukino wa kabiri wo mu itsinda rya 1
Yanditswe: Wednesday 15, Mar 2017
U Rwanda rutsinzwe umukino wa kabiri mu itsinda rya mbere mu amarushanwa ya karere ka 5. Rukaba rwatsinzwe na Misiri amanota 83-71.
Ni nyuma y’uko rwari rwatsinze Kenya mu umukino ufungura irushanwa amanota 76-60.
Misiri yayoboye uduce tune twose tw’umukino, agace ka mbere yagatsinze u Rwanda 25-11. Agace ka kabiri yaje kugatsinda u Rwanda 45-25 mu gihe aka gatatu karangiye ari 57 ya Misiri kuri 43 y’u Rwanda.
Agace ka kane nibwo abasore b’u Rwanda bakangutse bataka ikipe ya Misiri, ariko (...)
U Rwanda rutsinzwe umukino wa kabiri mu itsinda rya mbere mu amarushanwa ya karere ka 5. Rukaba rwatsinzwe na Misiri amanota 83-71.
Ni nyuma y’uko rwari rwatsinze Kenya mu umukino ufungura irushanwa amanota 76-60.
Misiri yayoboye uduce tune twose tw’umukino, agace ka mbere yagatsinze u Rwanda 25-11. Agace ka kabiri yaje kugatsinda u Rwanda 45-25 mu gihe aka gatatu karangiye ari 57 ya Misiri kuri 43 y’u Rwanda.
Agace ka kane nibwo abasore b’u Rwanda bakangutse bataka ikipe ya Misiri, ariko biba iby’ubusa kuko aka gace kaje kurangira ari 83 ya Misiri kuri 71 y’u Rwanda ndetse ruba rutakaje umukino waryo wa mbere.
U Rwanda rukaba ruri bumanuke mu ikibuga uyu munsi rukina umukino na Sudani y’Epfo ari nawo usoza itsinda.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *