skol

Impanuka yahitanye umugeni wavuye iwabo agiye kurira ukwa buki mu mahanga

Yanditswe: Friday 06, Oct 2023

featured-image

Umugeni utwite wari mu kwezi kwa buki yaguye mu mpanuka ya bisi yo mu Butaliyani yahitanye abantu 21.

Antonela Perkovic na Marko Bakovic, bombi bafite imyaka 24 bakomoka mu mujyi wa Split wo muri Croatia, bakoze ubukwe bwabo mu minsi 20 ishize.

Bafashe umwanzuro wo kuva iwabo baza gukorera ukwa buki,mu mujyi w’ubukwe wa Venice mu Butaliyani gusa ntibyagenze neza kuri aba bombi.Aba bageni bakoze impanuka ubwo bari berekeje ahitwa i Margheri.

Nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza, ngo Antonella wahise upfira muri iyi mpanuka, yari atwite inda y’amezi atanu.

Umugabo we Marko yararokotse ariko amerewe nabi cyane, gusa ubu ameze neza mu bitaro.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga akaba anashinzwe Uburayi,yagize ati: "Abaturage babiri ba Croatia bakoze impanuka yo mu muhanda mu Butaliyani, umwe muri bo yapfuye, undi arakomereka bikabije, ariko kuri ubu akaba ameze neza."

Uyu muyobozi yihanganishije ababuze ababo kuko iyo mpanuka yahitanye abantu 21 barimo umwana.Abandi 15 barakomeretse.

Icyateye impanuka nticyamenyekanye gusa bivugwa ko umushoferi w’imyaka 40 wari uyitwaye yarwaye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa