skol

"Nta kintu kiryoha kurusha umugore kuri iyi si"-Gen. Muhoozi yamagana ubutinganyi

Yanditswe: Tuesday 07, Mar 2023

featured-image

General Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni,yinjiye mu nkundura yo kwamagana ubutinganyi aho yavuze ko nta kintu kiryoha kurusha umugore ku isi.
Uyu mujenerali uzwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko kuri Twitter, yavuze ko ubutinganyi ari icyaha ndetse ababujyamo batazi uburyohe bw’umugore.
Yagize ati “Ubutinganyi ni igicumuro! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Nta (…)

General Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni,yinjiye mu nkundura yo kwamagana ubutinganyi aho yavuze ko nta kintu kiryoha kurusha umugore ku isi.

Uyu mujenerali uzwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko kuri Twitter, yavuze ko ubutinganyi ari icyaha ndetse ababujyamo batazi uburyohe bw’umugore.

Yagize ati “Ubutinganyi ni igicumuro! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Nta kintu kiryoha kurusha umugore kuri iyi si.”

General Muhoozi yibukije abagabo n’abasore ko batagomba kugwa muri izi ngeso mbi zamamajwe n’abanyaburayi ngo babe bakundana cyangwa baryamane n’abo bahuje ibitsina kuko abagore n’abakobwa atari ibura.

Perezida Museveni nawe yamaganye ubutinganyi yemeza ko budakwiye guhabwa umwanya muri Uganda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa